IGIHE

Igikombe cy’Isi: Amerika yihanije Paraguay nyuma y’ibirori by’akataraboneka (Amafoto)

0 13-06-2026 - saa 05:40, IGIHE

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye neza Igikombe cy’Isi cya 2026, zitsinda Paraguay ibitego 4-1 mu mukino wa mbere wo mu Itsinda D wabereye kuri Los Angeles Stadium mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu.

Wari umukino wa gatatu mu Gikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, wakurikiye indi yakiriwe na Mexique na Canada byafatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwakira amakipe 48 ari gukina irushanwa ryitabiriwe gutyo ku nshuro ya mbere.

Ku masaha y’i Kigali byari Saa Saba n’Igice z’igitondo mu gihe i Los Angeles, muri SoFi Stadium, ibirori byo gutangiza imikino byari bitangiye Saa Kumi n’Igice z’umugoroba, abahanzi Future na Tyla baririmba ’Game Time’ naho LISA afatanyije na Anitta na Rema baririmba ’Goals’.

Mbere y’uko amakipe yinjira mu kibuga, hagaragazwa amabendera y’ibihugu 48 biri gukina Igikombe cy’Isi cya 2026, Katy Perry yafatanyije n’umwana muto w’Umunya-Norvège Tius Luka w’imyaka 10, baririmba indirimbo ‘Wonder’.

Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USMNT) yari yabanje guhamagarwa kuri telefoni na Perezida Donald Trump akayiha ubutumwa, yihariye umukino ndetse ikora amateka yo kwinjiza ibitego bine, ibiyibayeho bwa mbere mu Gikombe cy’Isi.

Umukino warangiye USMNT itsinze ibitego 4-1, byinjijwe na Folarin Balogun ku munota wa 31 n’uwa 45+5’, Gio Reyna ku munota wa 90+7’ mu gihe ikindi cyitsinzwe na Damián Bobadilla ku munota wa karindwi.

Igitego cy’impozamarira cya Paraguay cyatsinzwe na Mauricio ku munota wa 73.

Amerika izasubira mu kibuga ku wa Gatanu, tariki ya 19 Kamena, ikina na Australia mu gihe undi mukino w’umunsi wa mbere mu Itsinda D uzahuza Turikiya na Australia mu gitondo cyo ku Cyumweru, Saa Kumi n’Ebyiri.

SoFi Stadium izwi nka Los Angeles Stadium ni yo yakiriye umukino utangiza Igikombe cy'Isi cya 2026 muri Amerika
Ibirori byo gutangiza irushanwa muri Amerika byarimo ibyamamare binyuranye
Future na Tyla baririmbye 'Game Time' muri ibi birori
LISA afatanyije na Anitta na Rema baririmbye indirimbo 'Goals'
Nk'uko byagenze muri Mexique na Canada, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakoresheje ibirori byo gutangiza Igikombe cy'Isi cya 2026
Katy Perry yaririmbye 'Wonder' mbere y'uko Amerika ikina na Paraguay
Katy Perry yaririmbanye na Tius Luka muri ibi birori byo gutangiza irushanwa muri Amerika
Tom Cruise na David Beckham bari mu byamamare byitabiriye umukino
Abanyamerika batangiye kumwenyura hakiri kare bitewe n'uburyo ikipe yabo yakinaga
Christian Pulisic ni umwe mu bakinnyi bazwi Amerika igenderaho
Paraguay yitsinze hakiri kare, ku munota wa karindwi gusa
Folarin Balogun yigaragaje muri uyu mukino
Mauricio yatsinze igitego cy'impozamarira cya Paraguay ku munota wa 70
Los Angeles Stadium yarimo abafana barenga ibihumbi 70
Folarin Balogun watsinze ibitego bibiri muri uyu mukino
Gio Reyna yatsinze igitego cya kane mu minota y'inyongera, umukino uhita urangira
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza