IGIHE

Amerika: Ibyamamare byitabiriye ibirori bifungura Igikombe cy’Isi ku bwinshi (Amafoto)

0 13-06-2026 - saa 14:59, Iradukunda Olivier

Abantu b’ibyamamare batandukanye yaba muri filime, imiziki na politiki, bitabiriye ku bwinshi ibirori bifungura Igikombe cy’Isi cya 2026 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 13 Kamena 2026, ni bwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habereye ibirori byo kwakira Igikombe cy’Isi nk’uko byakozwe muri Mexique na Canada byifatanyije kucyakira.

Ni ibirori byabereye kuri Los Angeles Stadium, bikurikirwa n’umukino wo mu Itsinda D warangiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitsinze Paraguay ibitego 4-1.

Mu bakurikiye uyu mukino harimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, wari kumwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino.

Hari kandi umunyabigwi mu mupira w’amaguru akaba n’umwe muri ba nyiri ikipe ya Inter Miami, David Beckham n’umugore we, Victoria Beckham, bari kumwe na Tom Cruise wamenyekanye mu gutunganya filime no kuzikina.

Umuhanzi Katy Perry yifashishijwe mu gususurutsa abafana bakurikiye ibirori, ariko mu gihe cy’umukino yari afatanye agatoki ku kandi n’umukunzi we Justin Trudeau wahoze ari Ministiri w’Intebe wa Canada.

Umunyemari ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bill Gates, na we yari muri stade, aho yari kumwe na Brad Pitt, umukinnyi ukomeye wa filime akanazitunganya.

Leonardo DiCaprio, Sofía Vergara, Anya Taylor-Joy, Dylan Sprouse n’umugore we, Barbara Palvin bamenyekanye muri filime zitandukanye bari muri ibi birori, byarimo n’umunyamakuru wamamaye cyane muri Amerika, Paris Hilton.

Umuririmbyi Justin Bieber n’umugore we Hailey Bieber na bo bari mu bari bashyigikiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Usibye Katy Perry waririmbye, abandi baririmbye ni LISA, Anitta, Rema, Future na Tyla wanaririmbye mu birori byo gutangiza iri rushanwa ku nshuro ya mbere muri Mexique.

Ibindi byamamare byakurikiye umukino harimo Rob Lowe, Paris Hilton, Jaafar Jackson, Gerran Howell na Taylor Dearden, Becky G, Will Forte, William Stanford Davis, Josh Peck n’abandi.

Rob Lowe ni umwe mu byamamare muri sinema ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Paris Hilton ni umunyamakuru ukomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Jaafar Jackson ni umuririmbyi akaba n'umukinnyi wa filime ukimeye muri Amerika
Gerran Howell na Taylor Dearden bakinanye muri filime yitwa 'The Pitt'
Umuririmbyi w'icyamamare Becky G yifotoza mbere yo kwinjira muri stade
Umunyarwenya akanakina filime, Will Forte, yitabiriye umukino wa Amerika na Paraguay
Umunyamerika ukina filime William Stanford Davis na we yari mu birori
Josh Peck umenyerewe muri sinema yari muri Los Angeles Stadium
Adewale Akinnuoye-Agbaje wamamaye muri sinema na we ntiyatanzwe mu gutangiza Igikombe cy'Isi muri Amerika
Umunyarwenya Guillermo Rodriguez yari ashyigikiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Brad Pitt yagaragaye akurikiye umukino wa Amerika na Paraguay
Tom Cruise, David Beckham n'umugore we Victoria Beckham bakurikiye umukino
LISA yafatanyije na Anitta na Rema basusurutsa abafana mu ndirimbo yabo bise 'Goals'
Ibirori byabereye muri Los Angeles Stadium byari akataraboneka
Future na Tyla bafatanyije gususurutsa abafana
Gianni Infantino yari kumwe na Marco Rubio muri uyu muhango
David Beckham yari kumwe na Tom Cruise muri ibi birori byo gutangiza Igikombe cy'Isi
Future yaririmbiye abafana
Ubwo LISA yarimo aririmbira abafana mu birori bitangaje
LISA na Anitta bishimanye ku rubyiniro
Umunyemari Bill Gates yari mu bakurikiye umukino Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaboneyemo intsinzi ya mbere
Katy Perry ni umwe mu bari bategerejwe cyane muri ibi birori
Katy Perry yishimiwe bidasanzwe mbere y'umukino wafunguye Igikombe cy'Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Sofía Vergara na Owen Wilson bafatanye ifoto ku munsi w'amateka muri ruhago
Sofía Vergara na Owen Wilson baganira mbere y'umukino
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza