IGIHE

Habimana Sosthène yasubiye muri Rayon Sports

0 4-07-2026 - saa 22:22, IGIHE

Umutoza Habimana Sosthène yasubiye muri Rayon Sports FC aho azaba akora nk’Umutoza Wungirije Haringingo Francis.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yongeye kugirira icyizere Habimana Sosthène, imuha akazi ko kuyibera umutoza wungirije nyuma yo gutandukana na Lomami Marcel.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 4 Nyakanga 2026, ni bwo Rayon Sports yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, igaragaza ko ikomeje kwitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Mu kwiyubaka yabanje gutandukana n’abatoza yari isanganywe batari ku rwego rwo gutoza amarushanwa mpuzamahanga, barimo Lomami Marcel wari umwungiriza na Ndayishimiye Eric ‘Bakame’.

Lomami yasimbujwe Habimana wabaye muri Rayon Sports mu 2014 ubwo yari umutoza wungirije, ndetse mu 2015 ayitoza nk’Umutoza Mukuru ariko w’umusigire.

Mbere yo gusubira muri iyi kipe, yabaye Umutoza wungirije mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, atoza Ikipe y’u Rwanda y’Abagore, ndetse n’ibyiciro binyuranye by’abato.

Ubwo aheruka muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yatozaga Musanze FC, ariko akaba yaranabaye Umutoza Mukuru w’Amagaju FC.

Asanze Rayon Sports itozwa na Haringingo Francis Christian, ifite abandi batoza bashya bazakorana na we barimo Dusange Sacha na we wungirije, Hugo Tricárico utoza abanyezamu na Serge Mwambali wongerera imbaraga abakinnyi.

Habimana Sosthène yagizwe umutoza wungirije wa Rayon Sports
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza