Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasabye imbabazi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia muri CECAFA Kagame Cup 2026, ashimangira ko abakinnyi biyemeje kwisubiraho.
Ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hatangiye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rihuza amakipe yitwaye neza muri Afurika y’Ibursirazuba n’iyo Hagati.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatunguye abafana bayo, inyagirwa na Gor Mahia yo muri Kenya, iyitsinda ibitego 5-0 ndetse iyi kipe yo mu Rwanda ituma abakunzi bayo biheba banitakariza icyizere cyo kurenga amatsinda.
Gen Mubarakh Muganga yanyujije ubutumwa bwe kuri Radio Rwanda mu Rubuga rw’Imikino, asaba imbabazi abakunzi ba APR FC, ndetse n’abandi b’umupira w’amaguru, agaragaza ko ibyabaye bitazongera.
Ati “Ku bakunzi ba APR FC n’abakunzi ba ruhago muri rusange mwari mwaje kudushyigikira mu mukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup. Mu izina rya APR FC ndagira ngo nsabe imbabazi ko twaraye tubabihirije intangiriro y’irushanwa. Abakinnyi bitwaye nabi cyane.”
“Nyuma y’umukino nafashe umwanya wo guhita mbasanga aho bari bari. Abatoza n’abakinnyi nabagaragarije ko ibyo bakoze bidafite uko bivugwa, dusoza basaba imbabazi mwese kandi bahiga ko intego ari intsinzi. Nanjye mu izina rya bose, ndongera kubasaba imbabazi ngo muzaze abakinnyi bahigure. Murakoze.”
APR FC ifite abakinnyi bashya yaguze yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27 izakinamo CAF Champions League, yagize intangiriro mbi z’umwaka yagakwiriye kugaragazamo impinduka.
Umukino ukurikira APR FC izakina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti, ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2027, kuri Stade Amahoro.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!