IGIHE

Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi nyuma y’uko APR FC inyagiwe

0 25-07-2026 - saa 13:50, Iradukunda Olivier

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasabye imbabazi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia muri CECAFA Kagame Cup 2026, ashimangira ko abakinnyi biyemeje kwisubiraho.

Ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro hatangiye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rihuza amakipe yitwaye neza muri Afurika y’Ibursirazuba n’iyo Hagati.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatunguye abafana bayo, inyagirwa na Gor Mahia yo muri Kenya, iyitsinda ibitego 5-0 ndetse iyi kipe yo mu Rwanda ituma abakunzi bayo biheba banitakariza icyizere cyo kurenga amatsinda.

Gen Mubarakh Muganga yanyujije ubutumwa bwe kuri Radio Rwanda mu Rubuga rw’Imikino, asaba imbabazi abakunzi ba APR FC, ndetse n’abandi b’umupira w’amaguru, agaragaza ko ibyabaye bitazongera.

Ati “Ku bakunzi ba APR FC n’abakunzi ba ruhago muri rusange mwari mwaje kudushyigikira mu mukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup. Mu izina rya APR FC ndagira ngo nsabe imbabazi ko twaraye tubabihirije intangiriro y’irushanwa. Abakinnyi bitwaye nabi cyane.”

“Nyuma y’umukino nafashe umwanya wo guhita mbasanga aho bari bari. Abatoza n’abakinnyi nabagaragarije ko ibyo bakoze bidafite uko bivugwa, dusoza basaba imbabazi mwese kandi bahiga ko intego ari intsinzi. Nanjye mu izina rya bose, ndongera kubasaba imbabazi ngo muzaze abakinnyi bahigure. Murakoze.”

APR FC ifite abakinnyi bashya yaguze yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27 izakinamo CAF Champions League, yagize intangiriro mbi z’umwaka yagakwiriye kugaragazamo impinduka.

Umukino ukurikira APR FC izakina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti, ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2027, kuri Stade Amahoro.

Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi nyuma abakunzi ba APR FC
APR FC yatsinzwe umukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup
Abakinnyi ba APR batunguwe no kunyagirirwa imbere y'abakunzi bayo
Abafana ba APR FC bafite agahinda gakomeye nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza