IGIHE

Ganijuru yongereye amasezerano muri Rayon Sports

0 30-06-2024 - saa 15:49, Byiringiro Osée Elvis

Myugariro w’ibumoso Ganijuru Elie yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports yamukuye muri Bugesera FC mu 2022.

Ku Cyumweru, tariki 30 Kamena 2024 nibwo Gikundiro yatangaje ko uyu mukinnyi yongereye amasezerano. Ni nyuma y’aho iyi kipe yifuje Ishimwe Christian wavuye muri Mukeba ariko bikarangira bananiwe kumvikana akerekeza muri Police FC.

Mu mwaka we wa mbere, Ganijuru yitwaye neza ndetse akina bihoraho ariko uwa kabiri ntabwo wamugendekeye nk’uwa mbere nyuma y’aho Bugingo Hakim agiye muri iyi kipe agasa nk’umutwaye umwanya.

Murera iteganya gutangira imyitozo mu cyumweru gitaha, ikomeje kwiyubaka yongerera amasezerano abakinnyi beza isanganwe ari nako igura abashya.

Mubo imaze kugura barimo Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Kabange ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo. Hari kandi Abarundi babiri, Ndayishimiye Richard wavuye muri Muhazi na Rukundo Abdul Rahman wakuye mu Amagaju ndetse na Niyonzima Olivier Seif wasubiye muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sports.

Ganijuru Elie yongereye amasezerano y'imyaka ibiri muri Rayon Sports
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza