Etincelles FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu kuri uyu wa Gatandatu.
Wari umukino wa gatatu Gikundiro ikinnye muri gahunda ya Rayon Week itegura Umunsi w’Igikundiro.
Uyu mukino watangiye utuje amakipe yombi yigana bikomeye n’uburyo bw’ibitego ari buke.
Ku munota wa 40, Ntarindwa Aimable yakoreye ikosa Niyonkuru Sadjati umusifuzi atanga coup franc.
Yatewe neza cyane na myugariro Ndonga Bivula Gedeon wari kure cyane y’urubuga rw’amahina, atera ishoti rikomeye, umunyezamu Mugisha Yves ntiyamenya aho umupira unyuze, atsinda igitego ku munota wa 41.
Igice cya mbere cyarangiye Etincelles FC iyoboye umukino n’igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Gikundiro yajyanye imbaraga itangira gukina isatira ariko abakinnyi b’iyi kipe y’i Rubavu bayibera ibamba.
Umukino warangiye Etincelles FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0 uba uwa mbere itsinzwe muri itatu yakinnye muri Rayon Week.
Umukino wa mbere Gikundiro yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 i Nyanza, mu gihe ku wa Gatatu yatsinze Gorilla FC igitego 1-0.
Umukino utaha ni uwo izakiramo Young Africans SC ku wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, muri Sitade Amahoro.
Ni umukino uzaherekeza ibirori by’Umunsi w’Igikundiro, iyi kipe itegura buri mwaka igamije kwereka abafana bayo abakinnyi izakoresha muri uwo mwaka w’imikino.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!