Niba ukunda kunyura mu Mujyi rwagati, birashoboka ko wabonye inyubako iri kubakwa ku gisenge cya CHIC izajya iberamo ibikorwa by’imyidagaduro.
Ni inyubako yitwa Kigali Universe iri ku gisenge hejuru. Izaba ari igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro, igizwe n’ibice bibiri birimo ibibuga n’amaduka azacururizwamo ibintu bitandukanye.
Ubwo nasuraga iyi nzu, nanyuze muri ‘ascenseur’ ya CHIC, nzamuka muri etage ya gatatu, mbona kugera hejuru ku gisenge. Impamvu ni uko inzira yabugenewe izajya inyura mu kirere ikageza abantu kuri iyi nyubako mu buryo bworoshye itaratungana.
Ukinjira muri Kigali Universe, ubona ko imirimo yo kuyubaka irimbanyije ndetse imwe iri kugana ku musozo. Uwinjira, ahingukira ku kibuga cy’umupira w’amaguru (Mini-Football) kigizwe n’ubwatsi bw’ubukorano bugezweho n’aho abafana batari benshi bazajya bicara.
Ku ruhande rw’ikibuga hari aho abantu bazajya bafatira icyo kunywa no kurya ndetse n’amadaku azacururizwamo imyambaro itandukanye ya siporo ndetse n’ibindi byinshi.
Ku rundi ruhande hari ikibuga cya Basketball y’abakina ari batatu ndetse n’urwambariro ruzajya rwifashishwa n’abakinnyi.
Mu kindi gice, usangamo ahazajya hakinirwa imikino itandukanye yo mu nzu nka Tennis na Golf, Video Games, imikino y’imodoka n’indi itamenyerewe cyane mu Rwanda.
Biteganyijwe ko iki gice kibanza kizatahwa ku mugaragaro mu ntangiro za Gicurasi 2024.
Igice cya kabiri kizatahwa muri Nyakanga, kigizwe n’inzu nini ikorerwamo siporo (Gym), gusiganwa ku magare hifashishijwe ikoranabuhanga (E-Bike) n’ahazakinirwa Bowling. Muri rusange, iyi nyubako izuzura itwaye arenga miliyoni 1,5$, ni ukuvuga hafi miliyari 2 Frw.
Uretse gufasha abantu kwidagadura, muri iyi nyubako hazajya hategurwa amarushanwa atandukanye buri kwezi, agendanye n’imikino izajya ihakinirwa nk’uko Karomba Gaël [Coach Gaël ] uri kuyubakisha yabitangaje.
Ati “Hari abantu benshi bafite impano. Hano buri kwezi tuzajya twakira imikino y’iteramakofi n’imikino njyarugamba (UFC), rero abana bayikina ubu bazagaragara kuko babonye aho biyerekanira. Ntabwo ari igikorwa cy’umuntu umwe ahubwo ni icya bose.”
Amafoto: Kwizera Remy Moïse
Video: Rwibutso Jean D’Amour
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!