Umunyezamu Drissa Kouyaté wa Rayon Sports, yayishinje kutamuha agaciro ku meza y’ibiganiro, ari na cyo cyatumye yanga gukomeza kuganira na yo, ahagitamo kuyisohikamo.
Ni umutumwa yanyujije ku bamukurikira mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 13 Kanama 2026, nyuma y’igihe bivugwa ko uyu mukinnyi atifuza kuguma muri iyi kipe yamuzaniyeho undi munyezamu.
Uyu Munyezamu wo muri Mali, yagize ati “Iyo nta cyubahiro uhawe ku meza, va kuri ayo meza. Jya aho uhabwa agaciro.”
Kouyaté ni umwe mu bakinnyi batagiriye ibihe byiza muri Rayon Sports, ndetse bigera no mu nkiko kugeza ubwo iyi kipe ihanwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), nyamara yari akiri umukinnyi wayo.
Nubwo Gikundiro yatangaje ko ikibazo cy’uyu mukinnyi cyarangiye mu bwumvikane.
Aganira na Radio Rwanda, Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yavuze ko ibiganiro n’uyu mukinnyi byarangiye ndetse batandukanye “ku bwumvikane bw’impande zombi.”
Drissa Kouyate yageze muri Rayon Sports muri 2025 ayisinyira imyaka ibiri, ubu akaba yari mu mwaka we wa nyuma.
Asize Rayon Sports iri kumwe n’umunyezamu mushya Dande Junior, na Mugisha Yves wa kabiri.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!