IGIHE

Cristiano Ronaldo na Georgina Rodríguez bakoze ubukwe

0 12-08-2026 - saa 00:23, Gilbert Ukwizagira

Umukinnyi wa ruhago Cristiano Ronaldo yakoreye ubukwe muri Portugal n’umugore we Georgina Rodríguez usanzwe ari umunyamideli, nyuma y’imyaka 10 bakundanye.

Ronaldo w’imyaka 41 y’amavuko n’umugore we basezeraniye imbere y’Imana mu muhango wabereye mu Mujyi wa Cascais. Byabaye ku wa 11 Kanama 2026.

Babitangarije mu butumwa bahuriyeho bombi ku mbuga nkoranyambaga zabo, banagaragaza ko bamaze kwambikana impeta z’urudasaza. Aba bombi basanzwe babana guhera mu 2017 bakaba bafite abana batanu.

Ni umuhango ubaye nyuma y’uko ku wa 11 Kanama 2025 uyu mugore, w’imyaka 32 y’amavuko, yatangaje ko bitegura gukora ubukwe.

Abana batanu babo ni impanaga ebyiri, Eva Maria na Mateo bafite imyaka icyenda, Alana w’imyaka umunani, Bella w’imyaka ine na Cristiano Jr. w’imyaka 16 y’amavuko wabyawe na Ronaldo ku mugore we wa mbere.

Muri Mata 2022, bombi batangaje ko umwana w’impanga ya Bella yitabye Imana.

Ronaldo yahuye bwa mbere n’umugore we muri Mutarama 2017. Mu biganiro byitwa ‘I Am Georgina’ uyu mugore yakoreraga kuri Netflix mu 2022, Ronaldo yongeye kugaragara ahamya ko ari umugabo we. Mu Ukuboza 2025, Ronaldo yatunguye uyu mugore amwambika impeta y’urukundo.

Cristiano Ronaldo na Georgina Rodríguez bakoze ubukwe
Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umugore we basanzwe babana nk'umugabo n'umugore bakaba bafitanye n'abana batanu
Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umugore we bahuye bwa mbere mu 2017
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza