Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yatangaje ko bagiye muri Cameroun bashaka gutsinda ariko no kuba banganyije biha amahirwe iyi kipe yambara ubururu n’umweru yo gukomeza mu cyiciro cya kabiri.
Yabivuze nyuma y’umukino wa CAF Confederation Cup Rayon Sports yanganyijemo na Panthère Sportive du Ndé 1-1.
Ati “Uyu musaruro uratwongerera amahirwe yo kubasha gukomeza mu ntambwe ya kabiri.”
Yasabye abafana kuzajya kuri Stade Amahoro gushyigikira ikipe yabo kuko n’ikipe bafite iyo ifite abayiri inyuma itanga umusaruro nta kabuza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!