Ikipe ya Bazar Brothers yo muri Seychelles yikuye mu irushanwa rya CAF Confederation Cup habura amasaha ane gusa kugira ngo ikine umukino w’ijonjora rya mbere, nyuma yo kubura amikoro ayifasha gukora urugendo.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 6 Nzeri 2026, ni bwo iyi kipe yagombaga gukinira umukino wayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wari kuyihuza na FC Virunga.
Yakomeje gutegerezwa mu Mujyi wa Lubumbashi aho yagombaga gukinira uyu mukino ariko irabura, gusa ikipe yari gukina na yo ikomeza kwitegura umukino nk’uko bisanzwe.
Habura amasaha make ngo uyu mukino ube, iyi kipe yamenyesheje Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), ko itazakina iri rushanwa kuko yabuze amikoro.
Kudakina uyu mukino byahise bihesha iyi kipe yo muri RDC kuzakina ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, inakora amateka yo kuba ikipe yo mu Cyiciro cya Kabiri ibonye itike yo gukina ijonjora rya kabiri ry’amarushanwa ya CAF.
Amategeko ya CAF ateganya ibihano ku ikipe ititabiriye umukino w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.
Ibyo birimo guterwa mpaga y’ibitego 3-0, guhagarikwa kwitabira amarushanwa Nyafurika mu gihe cy’imyaka ibiri no gucibwa amande angana na 5000$ (7.351.535 Frw).
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!