Banki ya Kigali n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) bigiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball rihuza amakipe y’ibigo yahize andi mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba ‘East Africa Corporate League’.
Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya mbere riri ku rwego mpuzamahanga, riteganyijwe kuzabera mu Rwanda, kuva tariki ya 8 kugeza ku ya 14 Kanama 2026.
Irushanwa rya Corporate League risanzwe rikinirwa imbere mu bihugu, aho buri mwaka ibigo bitandukanye byo mu Rwanda bihurira mu mukino wa Basketball bikarushanwa.
Mu mwaka wa 2024 na 2025, ri na bwo iri rushanwa rimaze gukinwa mu Rwanda, ryatwawe na Banki ya Kigali, isanzwe iri mu bigo bifite abakozi bakomeye muri Basketball.
Umuyobozi w’iri rushanwa, Hirwa Jean Paul, yavuze ko kuba ryabaye mpuzamahanga ari ikimenyetso cy’uko mu minsi iri imbere rizakinwa n’amakipe yo muri Afurika yose.
Ati “Intego ihari ni uko iri rushanwa ryaguka rikitabirwa n’amakipe akomeye y’ibigo byo muri Afurika. Turi kureba uko mu mwaka utaha ryazitabirwa n’ibigo byo mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo n’iy’Amjyaruguru.”
KPA yitwaye neza muri Kenya mu makipe yose, ni yo izahura na BK mu bagabo, yongere ihure na NISR mu bagore.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!