IGIHE

APR FC yatsinze Mathare United yo muri Kenya mu mukino wa gicuti (Amafoto)

0 12-08-2026 - saa 19:54, Iradukunda Olivier

APR FC yatsinze Mathare United igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 12 Kanama 2026.

Wari umukino wa gatatu wa gicuti APR FC yakinnye nyuma yo kuva muri CECAFA Kagame Cup 2026 itarenze amatsinda.

Ni umukino watangiye ugenda gake amakipe yombi yigana ariko APR FC irarira cyane kuko mu minota 30 yari imaze gusifurwa kurarira inshuro icyenda.

Nyuma yo gukomeza gusatira gutyo, Byiringiro Jean Gilbert uzwi nka Kagege, yazamukanye umupira acenga yihuta, awuhindura imbere y’izamu ugendera hasi Djibril Ouattara afungura amazamu ku munota wa 37.

Nyuma y’iminota itatu, William Togui yahushije uburyo bw’igitego bukomeye ku mupira wahinduwe na Ishimwe Christian, uyu rutahizamu akinnye n’umutwe umupira ujya hejuru gato y’izamu.

Mathare United yasoje igice cya mbere idateye mu izamu, cyarangiye yatsinzwe igitego 1-0.

APR FC yatangiranye igice cya kabiri impinduka, Amani Michel asimbura Uwiyaremye Fidali.

Iyi kipe yatangiye gusatira bikomeye ari na ko ihusha uburyo bwinshi bw’ibitego bwabonwaga na Ouattara na Togui.

Ku munota wa 62 APR FC yakoze impinduka, Hakim Kiwanuka asimbura Memel Dao. Ikipe y’Ingabo yakomeje guhusha ibitego byinshi ari na ko ikora impinduka zitandukanye ariko ibindi bitego birabura.

Umukino warangiye APR FC yatsinze Mathare United igitego 1-0 cya Djibril Ouattara.

Ikipe y’Ingabo ikomeje gukina imikino ya gicuti yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/27, izakina undi mukino wa Al Merrikh ku wa Mbere, tariki ya 17 Kanama 2026.

Iyi kipe yo muri Kenya na yo ikomeje kwitegura mu Rwanda, izakina indi mikino ya gicuti, aho ku wa Gatanu izakina na Kiyovu Sports cyangwa Gorilla FC, mbere yo guhura na Rayon Sports ku Cyumweru.

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga
Abakinnyi Mathare United yabanje mu kibuga
Dauda Yussif agerageza ishoti rya kure
Myugariro Mamadou Zon azamukana umupira
Umukino wagizwe ubuntu kugira abafana bawitabire
Amani Michel agerageza guhindura umupira imbere y'izamu
William Togui azamukana umupira
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, yari yagiye kureba uyu mukino mbere yo guhura na Mathare United ku Cyumweru
Ishimwe Christian uheruka gusubira muri APR FC azamukana umupira

Amafoto: Umwari Sandrine

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza