Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, yerekeje mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania, mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
Ni urugendo rwatangiye kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri 2026, aho abakinnyi n’abatoza bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, i Kanombe.
Ni ikipe yahagurukanye abakinnyi 25 bari kumwe n’Umutoza Mukuru, Cassa Mbungo André, uzafatanya na Ntamuhanga Tumaini nk’umwungiriza we, Peter Otema wongerera imbaraga abakinnyi, na Ndizeye Aimé Désiré ’Ndanda’ utoza abanyezamu.
Mbere yo guhaguruka yerekeza muri iyi mikino, ikipe yakinnye imikino ibiri ya gicuti yayihuje n’Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’abatarengeje imyaka 20. Umukino wa mbere warangiye ari 2-2 undi urangira ari 1-1.
Ikipe y’u Rwanda iri mu Itsinda A, aho iri kumwe na Ethiopia na Tanzania izakira irushanwa rizakinwa kuva tariki ya 15 kugeza ku ya 25 Nzeri 2026.
Rizabera kuri Uhuru Stadium iri Dar es Salaam muri Tanzania, stade yavuguruwe mu rwego rwo kwitegura Igikombe cya Afurika cya 2027.
Itsinda B ririmo Uganda, Sudani na Djibouti, naho Itsinda C rikabamo Sudani y’Epfo, u Burundi na Kenya.
Amakipe atatu azitwara neza akayobora amatsinda muri iri rushanwa, azahita abona itike yo gukina imikino ya ½, kongeraho ikipe yabaye iya kabiri nziza kurusha izindi.
Amakipe abiri azagera ku mukino wa nyuma, azahita ahagararira Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, mu Gikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Ghana.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!