IGIHE

Amagaju yatangiriye ku mwanya wa Mbere: BK Pro League 2026/27 yatangiye

0 5-09-2026 - saa 21:42, Iradukunda Olivier

Amagaju FC yatangiriye ku mwanya wa mbere mu mikino yabimburiye indi muri BK Pro League ya 2026/27, nyuma yo gutsinda Etoile de l’Est ikizamuka ibitego 2-0, naho Kiyovu Sports itungurwa na Gorilla FC yakuyeho amanota atatu y’igitego 1-0.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, ni bwo hatangiye gukinwa imikino ya Shampiyona y’u Rwanda ya BK Pro League, ku munsi wayo wa mbere haba imikino itatu.

Umukino wari ukomeye kuri uyu munsi ni uwahuje Gorilla FC na Kiyovu Sports iheruka kwegukana Igikombe cya FERWAFA Super Cup 2026, ibyatumaga ihabwa amahirwe yo gutangira neza umukino.

Ariko Gorilla FC yinjiye mu mukino mbere, ndetse inafungura amazamu hakiri kare cyane ku gitego cyabonetse ku munota wa kane cyinjijwe na Sunday Inemesit.

Kiyovu Sports itozwa na Mark Simon Harrison, yahanyanyaje igerageza kwishyura iki gitego, ariko umunyezamu wa Gorilla FC, Cuzuzo Aimé Gaël, akomeza gukuramo imipira.

Umukino warinze urangira Urucaca rutarebye mu izamu, ibyatumye rutakaza intsinzi ya mbere muri uyu mwaka w’imikino, ndetse n‘ikipe ya kabiri yatsinzwe nyuma ya Etoile de l’Est.

Amagaju FC yakiriye Etoile de l’Est kuri Stade ya Kamena, itangira yitwara neza ku munsi wa mbere kuko ariyo yatangiye iri ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda ibitego 2-0.

Abraham Agoe na Iyabivuze Osée batangiye uyu mukino bafasha Etoile de l’Est kuwinjiramo mbere, ndetse ku munota wa 25 ibona uburyo bwa mbere bwa Seiri Arigumaho ariko ishoti yateye rikurwamo na Nicolas Sebwato mushya mu Magaju FC.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganya 0-0, ariko mu cya kabiri Amagaju FC atangirana ingufu, atera amashoti menshi akomeye, harimo na Jordan Dimbumba wazengereje Etoile de l’Est.

Ku munota wa 52, ni bwo Amagaju FC yafunguye amazamu, ku mupira Jordan Dimbumba yahereje Tuyisenge Pacifique. Iki ni cyo gitego cya mbere cyinjijwe mu mwaka w’imikino wa 2026/27.

Ku munota wa kane w’inyongera kuri 90 y’umukino, Ayirala Samson w’Amagaju, yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina, hatangwa penaliti ya mbere muri uyu mwaka.

Umunyezamu w’Amagaju FC, Nicolas Sebwato, witwaye neza muri uyu mukino, yayitereye ashyiramo igitego cya kabiri. Intsinzi itaha kuri iyi kipe yo mu Karere ka Nyamagabe ku bitego 2-0.

Indi mikino yabaye, Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu yanganyije na Sunrise yo mu Karere ka Nyagatare 0-0.

Indi mikino iteganyijwe izaba ku Cyumweru, harimo uwa Marine izakina na Kigali FC, Mukura VS igakina na Gasogi United FC. Ku wa mbere, Police FC izakina na Gicumbi FC.

Amagaju yatsinze Etoile de l'Est ibitego 2-0 iba iya mbere iyoboye urutonde rwa BK Pro League 2026/27
Abakinnyi Etincelles FC yifashishije ikina na Sunrise
Abakinnyi 11 Sunrise FC yabanje mu kibuga ikina na Etincelles
Sunrise yanganyije na Etincelles 0-0
Abakinnyi 11 Kiyovu Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Gorilla FC yabanje mu kibuga
Umunyezamu wa Kiyovu Sports, James Desire, ni we witwaye neza mu mwaka ushize wa 2025/26
Moussa Omar wa Gorilla FC ahanganye na Hakim Hamis wa Kiyovu Sports
Sunday Inemesit yatsinze igitego cya Gorilla FC
Kayitare David yahawe gusifura umukino wa Kiyovu Sports na Gorilla FC
Uko amakipe akurikiranye nyuma y'imikino imaze gukinwa ku munsi wa mbere wa BK Pro League 2026/27
Uko imikio yabimburiye indi mu mwaka w'imikino wa BK Pro League 2026/27 yarangiye
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza