IGIHE

Ni nde uzaba umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2026/27?

0 7-09-2026 - saa 12:20, Iradukunda Olivier

Urugamba rwatangiye, amakipe y’inkwakuzi yibitseho amanota ya mbere ku munsi wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda ya BK Pro League, ndetse n’abakinnyi beza batangiye kwigaragaza no kubona inshundura.

Shampiyona y’u Rwanda yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026. Amakipe 12 muri 18 ni yo yakinnye imikino yayo, ukuyemo ari gukina amarushanwa Nyafurika.

Urebye, amakipe hafi ya yose yamaze kwiyubaka, agura abakinnyi azifashisha mu mwaka w’imikino wa 2026/27, usibye amwe n’amwe agishaka kongeramo umukinnyi umwe cyangwa babiri.

Amatsiko ni yose mu bakunzi b’aya makipe, by’umwihariko abibaza uko abakinnyi bashya yaguzwe bazitwara.

Tugiye kurebera hamwe abakinnyi batanu bashya bashobora kuvamo umukinnyi mwiza uzahiga abandi, dushingiye ku buryo bitwaye mu mikino ibanziriza umwaka w’imikino, irimo iya gicuti n’andi marushanwa.

Issa Djiguiba

Umunya-Mali Issa Djiguiba, uri mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports, ni umwe mu bahanzwe amaso cyane muri iyi shampiyona.

Yabaye umukinnyi mwiza w’umwaka muri Mali, nyuma yo gufasha AS Real Bamako gusoza Shampiyona ku mwanya wa gatatu. Yagiriwe icyizere n’Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, ndetse bigaragara ko ari mu bakinnyi azubakiraho ikipe.

Mu mukino wa mbere yakinnye, wari uwa gicuti wahuje Rayon Sports na Jamus yo muri Sudani y’Epfo, yabaye umukinnyi mwiza, ndetse kuva icyo gihe ahabwa umwanya mu ikipe ibanza mu kibuga.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22, ufasha Rayon Sports kuyobora umukino, ntiyakinnye umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup kubera ikibazo cy’ibyangombwa.

Issa Djiguiba wa Rayon Sports ari mu bakinnyi bazatanga akazi mu mwaka w'imikino wa 2026/27

Mohamed Traore

Mohamed Traore ukina mu kibuga hagati, afasha ba rutahizamu, ni umwe mu bakinnyi beza APR FC yaguze muri Stade Malien yo muri Mali. Yari kandi mu bitwaye neza muri Shampiyona y’icyo gihugu ya 2025/26.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 ari mu bafashije Stade Malien kugera muri ¼ cya CAF Champions League. Muri uyu mwaka, yitezwe mu bazagora amakipe yo mu Rwanda kubera ubunararibonye afite mu marushanwa mpuzamahanga.

Mu mikino ya gicuti APR FC yakinnye, Traore ni umwe mu bigaragaje cyane, bituma abona umwanya mu ikipe ibanza mu kibuga. Uretse gufasha ba rutahizamu kubona ibitego, na we anyuzamo akabitsinda.

Mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, yatsinze igitego ku mukino wa Garde Républicaine, yongera kubona izamu ubwo bakinaga na Vipers, ari na ko afasha ikipe ye mu kibuga hagati.

Mohamed Traore ari mu nkingi za mwamba muri APR FC

Ansumana Samura

Ansumana Samura ukomoka muri Gambia akinira Al Hilal SC yo muri Sudani, iri gukina muri Shampiyona y’u Rwanda. Ni umwe mu bakinnyi bato bayikinamo, kuko afite imyaka 19 gusa.

Yaguzwe nk’umusimbura wa Girumugisha Jean Claude, wabaye umukinnyi mwiza wa BK Pro League 2025/26.

Urebye uko yitwaye muri CECAFA Kagame Cup, aho yabaye uwatsinze ibitego byinshi, bitatu, nta kabuza ari umwe mu bazagora amakipe yo mu Rwanda.

Nubwo ari ubwa mbere ageze muri iyi kipe iri gukina amajonjora ya CAF Champions League, yagiriwe icyizere cyo kujya mu ikipe ibanza mu kibuga, bityo akaba ari umukinnyi ukomeye wo kwitondera.

Ansumana Samura wa Al Hilal SC ni umwe mu bashobora kuba umukinnyi mwiza mu 2026/27

Hussein Ssenoga

Umunya-Uganda Hussein Ssenoga ni umukinnyi mwiza wo mu kibuga hagati Mukura VS yaguze muri Kitara FC. Nubwo atigeze akora imyitozo myinshi muri iyi kipe y’i Huye, yerekanye ko ari uwo kwitondera.

Yigaragaje cyane mu irushanwa rya FERWAFA Super Cup, aho yakinaga mu kibuga hagati afasha ba myugariro. Icyakora, ku bw’amahirwe make, ikipe ye yasezerewe na Kiyovu Sports ku gitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti.

Uyu mukinnyi w’imyaka 28 ukina mu kibuga hagati, mu mwaka ushize w’imikino, yatanze imipira 13 yavuyemo ibitego, anatsinda ibitego bibiri mu mikino 33 yakinnye.
Ku munsi wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda, yafashije Mukura VS gutsinda Gasogi United FC ibitego 2-0, dore ko ari umwe mu nkingi za mwamba z’Umutoza Mocilo Medic.

Hussein Ssenoga ni umukinnyi mushya wa Mukura VS wanayifashije gutangira neza shampiyona

Dande Junior

Umunyezamu wa Rayon Sports, Dande Junior, ni umwe mu bakinnyi bategerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda, bitewe n’uburyo yitwaye mu mikino ya gicuti no mu marushanwa mpuzamahanga yakinnye.
Uyu mukinnyi w’imyaka 28 ukomoka muri Cameroun yavuye muri Canon Yaoundé. Yitezweho kuba umusimbura wa Kwizera Olivier, usanzwe ari umunyezamu w’ingenzi mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, ‘Amavubi’.

Kuva yagera mu Rwanda, amaze gukina imikino 10, muri yo itanu ntiyinjizwemo igitego. Uburyo yitwaye bwanagize uruhare mu gufasha ikipe ye kwegukana Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026.

Ba rutahizamu b’amakipe yo mu Rwanda bafite akazi gakomeye ko kureba mu izamu rye.

Dande Junior azagora ba rutahizamu bo mu makipe yo mu Rwanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza