IGIHE

Euro 2020: U Bufaransa bwatakaje Ousmane Dembélé

0 21-06-2021 - saa 19:08, Habimana Sadi

Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa izakina imikino isigaje mu irushanwa ry’Igikombe cy’u Burayi, idafite rutahizamu Ousmane Dembélé wagize imvune itamwerera kugaruka mu kibuga vuba.

Mu mukino wahuje u Bufaransa na Hongrie mu Itsinda F, amakipe yombi akanganya igitego 1-1 ku wa Gatandatu, Ousmane Dembélé yasimbuwe na Adrien Rabiot ku munota wa 57 nyuma yo kugira imvune mu ivi.

Kuri uyu wa Mbere, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bufaransa ryatangaje ko Ousmane Dembélé nta mukino n’umwe azongera gukinira u Bufaransa mu irushanwa ry’Igikombe cy’u Burayi kiri kuba ku nshuro ya 16.

Uyu musore yahise avanwa muri bagenzi be, ajyanwa kwa muganga kugira ngo yitabweho uko bikwiye.

Bisobanuye ko Umutoza Mukuru w’u Bufaransa, Didier Deschamps, agomba gushaka ibisubizo muri Antoine Griezmann, Karim Benzema, Kylian Mbappé, Olivier Giroud, Kingsley Coman na Wissam Ben Yedder.

U Bufaransa ni bwo buyoboye Itsinda rya Gatandatu (F) n’amanota ane mu mikino ibiri, u Budage bugakurikira n’amanota atatu mu mikino ibiri.

Imikino isoza Itsinda F izakinwa ku wa Gatatu tariki ya 23 Kamena 2021, aho u Bufaransa buzakina na Portugal saa Tatu z’ijoro.

Ousmane Dembélé nta mukino azongera gukinira u Bufaransa muri Euro ya 2020
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza