Nyuma y’imikino y’amatsinda yaraye ishojwe kuri uyu wa Kabiri mu Gikombe cya Afurika gikomeje kubera mu Misiri, hamenyekanye uburyo amakipe 16 yabonye itike ya 1/8 azahura guhera kuri uyu wa wa Gatanu tariki ya 5 Nyakanga 2019.
Imikino y’amatsinda yasojwe n’iyo mu itsinda E na F yabaye ejo hashize, aho Angola yatsinzwe na Mali igitego 1-0 naho Mauritanie inganya na Tunisie ubusa ku busa mu mukino wo mu itsinda E wayobowe n’Umunyarwanda Hakizimana Louis.
Mali yabaye iya mbere n’amanota arindwi, yazamukanye na Tunisie yabaye iya kabiri n’amanota atatu.
Mu itsinda F, Ghana yazamutse iyoboye n’amanota atanu nyuma yo gutsinda Guinée Bissau ibitego 2-0 mu gihe Cameroun ifite irushanwa riheruka, na yo yakomeje ifite amanota atanu ku mwanya wa kabiri ubwo yari imaze kunganya na Bénin ubusa ku busa.
Amakipe yose yakomeje muri 1/8
Muri rusange amakipe yazamutse ayoboye amatsinda ni Misiri, Madagascar, Algérie, Maroc, Mali na Ghana mu gihe amakipe yabaye aya kabiri ari Uganda, Nigerie, Sénégal, Côte d’Ivoire, Tunisie na Cameroun.
Kuri aya makipe 12, hiyongereyeho ane yabaye aya gatatu yitwaye neza kurusha andi, aho yabaye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Afurika y’Epfo, Guinée na Bénin.
Uko amakipe azahura muri 1/8
Imikino ya 1/8 izatangira kuri uyu wa Gatanu, aho izasozwa ku wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga 2019.
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!