Ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Kamena 2026, wari umunsi w’amateka kuri RSSB Tigers BBC yakoze ibirori bidasanzwe byo kwishimira Igikombe cya Basketball League (BAL 2026), ari na yo kipe rukumbi yabikoze yo mu Rwanda.
Ni igikorwa cyatangijwe n’urugendo rwo gutambagiza igikombe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, cyitabirwa na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro.
Nyuma yo kwereka abatuye mu Mujyi wa Kigali iki gikombe, cyerekejwe kuri Kigali Convention Centre (KCC), ahari hateganyijwe igitaramo kidasanzwe cyarimo n’abaririmbyi batandukanye.
Mu basusurukije ababyitabiriye bari benshi cyane harimo Kenny Sol, Juno Kizigenza, Bull Dogg, Angell Mutoni, Ariel Wayz na Kivumbi King baririmbye indirimbo zabo zikunzwe.
Ikindi gikorwa cyabaye ni uguturitsa ibishashi mu kirere, ibidasanzwe bikorwa n’andi makipe yegukana amarushanwa atandukanye mu Rwanda.
Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2026) riheruka gusorezwa i Kigali ku itariki ya 31 Gicurasi 2026, ari no ku nshuro ya gatandatu ryari rihabereye, RSSB Tigers BBC yaryegukanye itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88.
Amafoto: Kwizera Herve & Habyarimana Raoul
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!