RSSB Tigers yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2026), ibyishimo bitaha mu Banyarwanda bose, bamwe mu bayobozi mu nzego zitandukanye bagaragariza amarangamutima yabo ku mbuga nkoranyambaga.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, ni bwo muri BK Arena habereye umukino wa nyuma ba BAL 2026, wahuje RSSB Tigers na Petro de Luanda yo muri Angola.
Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi, dore ko Petro de Kuanda yawutangiye iyoboye ku manota 20-0, ariko mu minota yakurikiyeho RSSB Tigers irayigaranzura icyura umukino ku manota 90-88.
Iyi ntsinzi yakiriwe n’Abanyarwanda batandukanye guhera kuri Perezida Kagame wari muri BK Arena wakomeye amashyi abakinnyi nyuma yo guhesha ishema Igihugu.
Binyuze ku mbuga nkoranyambaga, abandi bayobozi bagaragaje amarangamutima yabo kuri iyi ntsinzi, aho bashimiye abakinnyi berekanye ko u Rwanda rukwiriye kuba igicumbi cy’imikino.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), Regis Rugemanshuro, ari na rwo muterankunga mukuru w’iyi kipe, yagize ati “Rwanda, twabikoze. Mwakoze cyane RSSB Tigers ndetse no ku bafana beza.”
RWANDA, WE DID IT! 🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🏆🏆🏆CONGRATULATIONS TO THE RSSB TIGERS @tigersbbc AND THE MOST AMAZING FANS! #CHAMPIONS #BAL6 #HISTORY @theBAL 🇷🇼🇷🇼🏆🏆 https://t.co/yaketNsQNm
— Regis Rugemanshuro (@Regis_Rugema) May 31, 2026
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yanezerewe bidasanzwe, agira ati “Intsinzi bana b’u Rwanda! Mbega ibyishimo, mbega urugendo! RSSB Tigers, mwakoze kwimana u Rwanda. Dutewe ishema namwe”
Ati “Ubu dufite igikombe cy’irushanwa, igikombe cy’umukinnyi w’irushanwa (MVP), Craig Randall II, ndetse n’igikombe cy’umutoza w’umwaka, Mwinuka Henry Newton.”
Intsinzi bana b’u Rwanda🇷🇼!
Mbega ibyishimo, mbega urugendo👏! RSSB TIGERS, mwakoze kwimana u Rwanda . Dutewe ishema namwe!
Ubu dufite igikombe cy'irushanwa, igikombe cy’umukinnyi w’irushanwa (MVP) Craig Randall II ndetse n’ igikombe cy’umutoza w’umwaka (Coach of the year),… https://t.co/3d5pLiVnCF
— Nelly Mukazayire (@nmukazayire) May 31, 2026
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yashimiye abagize uruhare mu kubaka ikipe ya RSSB Tigers ikomeye, iri ku rwego rwo kwandika amateka.
Yagize ati “Murakaza neza Tigers BBC, kwihangana. Tuyoboye BAL 2026. RSSB Rwanda, Regis Rugemanshuro, Louise Kanyonga, FERWABA n’abandi mwese mwabigizemo uruhare, muri ab’indashyikirwa.”
Come on You Tigeeeeeeers @tigersbbc #Resilient ✊🏿🔥🏀🇷🇼🏆
We are the 2026 @theBAL Champions 🤩@RSSB_Rwanda @Regis_Rugema @LouiseKanyonga @ferwabaRW and the whole squad behind this, you’re the best! https://t.co/udoSWoTBfo
— Rwego NGARAMBE (@NgarambeRwego) May 31, 2026
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryashimiye iyi kipe yahagarariye izindi muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye muri Afurika kandi ikitwara neza.
Riti “RSSB Tigers begukanye shampiyona ya Basketball Africa League ya 2026. Aya ni amateka ku Rwanda, kandi dutewe ishema no kuba tuzanye iki gikombe mu rugo. Abafana mwarakoze, abadushyigikiye, umuryango wose wa RSSB n’abatugiriye icyizere bose.”
RSSB Tigers are the 2026 Basketball Africa League Champions! 🏆💪🏼
This is history for Rwanda and we’re incredibly proud to bring this trophy home! 🇷🇼🔥 Thank you to our fans, our supporters, the entire RSSB family, and everyone who believed in us. 🙏 https://t.co/x4EgwJK54h— FERWABA 🏀🇷🇼 (@ferwabaRW) May 31, 2026
Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ishamikiyeho BAL, yagize iti “Mukomereze aho RSSB Tigers ku kwegukana irushanwa rya BAL 2026.”
Congrats to the RSSB Tigers on winning the 2026 BAL Championship 🏆 https://t.co/RIeDQhWqSr
— NBA (@NBA) May 31, 2026
Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, Juliana Kangeli Muganza, yagize ati “RSSB Tigers, umwana ukiri muto muri BAL, RSSB Tigers ni we wegukanye BAL yakinwe ku nshuro ya gatandatu, u Rwanda rutewe ishema nawe. Mbega umukino, mbega kuva inyuma, mbega umutima wo guhatana!”
RSSB TIGERS 🏆🏆🏆
The new kid on the BAL block @tigersbbc is the #BALSeason6 Champions! Rwanda 🇷🇼 is so PROUD of you!
What a game, what a comeback, what a fighting spirit! 🔥🔥#VisitRwanda
— Juliana K Muganza (@JulianaMuganza) May 31, 2026
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yagize ati “Igikombe ni icyacu, twegukanye BAL 2026. Mukomereze aho, mwakoze ku bw’umukino w’agahebuzo, RSSB Tigers. Mwari mubikwiriye.”
Igikombe NICYACUUU! 🏆🥇🏆🥇🏆🥇🏆🥇🏆🥇🏆🥇🏆
🎼🎺🎼 WE ARE THE CHAMPIONS 🎹🎤🎼🎷 #BAL2026
Congratulations 🎊🎉 and thank you for a fantastic game @tigersbbc. So well deserved!!! 🏀🏆🏀🏆🏀 pic.twitter.com/LJo2P3r7eS
— C. Nkulikiyinka (@CNkulikiyinka) May 31, 2026
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Imiyoborere (RGB), Dr. Doris Uwicyeza Picard, yavuze ko amasegonda 15 y’uyu mukino yari amusazishije, ariko icyangombwa ari uko intsinzi yabonetse.
Yoh the last 15 seconds aged me!!! But we woooon!!! https://t.co/eGXRyyK2gc
— Doris 🇷🇼 (@DodoPicard) May 31, 2026
Umuyobozi Mukuru wa Kepler isanzwe ifite n’ikipe ya Basketball muri Shampiyona y’u Rwanda, Nathalie Munyampenda, we yagize ati “Imana ishimwe.”
Thank God! 🇷🇼
— Nathalie Munya (@nathmunya) May 31, 2026
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, wari wasabye abafana guhaguruka bagafana ikipe igacyura umukino, yabashimiye agira ati “Turabikoze. Mwakoze.”
We did it. Thank you #RwoX . Congratulations @RSSB_Rwanda @tigersbbc . pic.twitter.com/Xa8rhqWkQi
— UTUMATWISHIMA (@jnabdallah) May 31, 2026
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko indirimbo ikwiriye ari ‘Intsinzi’, nyuma y’uko RSSB Tigers yegukanye irushanwa rya BAL 2026, ashimira Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda rwabigizemo uruhare.
Intsinzi 🎶 🇷🇼 #Rssb Tigers🏀 is 2026 BAL CHAMPIONS @theBAL @RSSB_Rwanda
Congratulations!! pic.twitter.com/Gc9uSCxwL6— Dr Sabin Nsanzimana (@nsanzimanasabin) May 31, 2026
Indi nkuru wasoma: RSSB Tigers yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya BAL (Amafoto)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!