IGIHE

RSSB Tigers yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya BAL (Amafoto)

0 31-05-2026 - saa 21:23, Iradukunda Olivier

Ikipe ya RSSB Tigers BBC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2026), nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88, mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, ni bwo muri BK Arena hakiniwe umukino wa nyuma wa Basketball Afica League, wari witabiriwe n’abafana 6.629.

Mu bakurikiye uyu mukino harimo na Perezida Kagame, witabiriye iyi mikino kuva itangiye, ari kumwe na Perezida wa BAL, Amadou Gallo Fall, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi, Perezida wa FIBA Africa, Anibal Aurelio Manave n’abandi.

Umukino wa watangijwe n’ibirori birimo imbyino za Kinyarwanda, zasusurukije abakunzi ba Basketball bari muri BK Arena, bari bamaze kureba umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wasize Al Ahly yo muri Libya itsinze Al Ahly yo mu Misiri amanota 106-98.

Umukino wa nyuma watangiye nabi ku ruhande rwa RSSB Tigers yari yitabiriye bwa mbere BAL, aho mu minota itandatu ya mbere y’umukino yatsinzwe amanota 20 itarabona na rimwe, icyakora ikakukuza kugeza agace ka mbere karangiye ari amanota 27 ya Petro de Luanda kuri 16 ya RSSB Tigers BBC.

Mu gace ka kabiri, Craig Randall II yakinnye neza atangira kubona amanota mu gakangara, ashyiramo amanota arenga 13 mu minota itanu yako ya mbere, ari na ko Mangok Mathiang yugarira neza kugeza amakipe yombi anganyije 37-37.

Mu minota ibiri ya nyuma y’aka gace, RSSB Tigers BBC yarushije bikomeye cyane Petro de Luanda, inafashwa n’umurindi w’abafana, iyobora umukino ku manota 42-37.

Mu karuhuko k’iki gice, umuririmbyi wo muri Nigeria, Olamide, yasusurukije abafana mu ndirimbo ze zitandukanye zirimo ‘Infinity’ yafatanyije na Omah Lay, Issa Goal, Bobo, Motigbana n’izindi.

RSSB Tigers BBC itozwa na Henry Dennis Newton Mwinuka afatanyije na Kenneth Gasana na James Edward Maye Jr. yayoboye umukino ku kinyuranyo cy’amanota atanu, ibifashijwemo na Teafale Lenard Jr. washyiragamo amanota abiri inshuro nyinshi.

Ni mu gihe Aboubakar Gakou wa Petro de Luanda yatsindaga amanota menshi ashaka kugabanya iki kinyuranyo, kaza no kurangira RSSB Tigers BBC ifite amanota 61-59.

Agace ka kane kagitangira, Aboubakar Gakou yagize imvune avanwa mu kibuga, asimburwa na Cleusio Castro, wahise afasha ikipe gutsinda amanota yatumye RSSB Tigers BBC irushwa ikinyuranyo cy’amanota ane mu minota irindwi ya nyuma.

Abafana ba bari muri BK Arena bazamuye umurindi mu minota ine ya nyuma, RSSB Tigers iva inyuma yongera kurusha amanota atanu Petro de Luanda, ibifashijwemo na Craig Randall II.

Ibi byatumye umutoza wa Sergio Valdeolmillos Moreno yongera gusubiza Gakou mu kibuga kugira ngo amugarure mu mukino ariko biranga umukino urangira RSSB Tigers BBC itsinze umukino ku manota 90-88.

Craig Randall II wafashije RSSB Tigers BBC yahise aba umukinnyi mwiza w’irushanwa, mu gihe Muthiang Mangok yabaye umwiza wugarira.

Perezida Kagame yitabiriye umukino RSSB Tigers BBC yatsinzemo Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88
Madamu Jeannette Kagame yakurikiye umukino RSSB Tigers BBC yandikiyemo amateka
RSSB Tigers yabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya BAL
Abafana bageze kuri BK Arena kare bafashe amafoto y'urwibutso
Abakunzi ba Basketball bageze kuri BK Arena hakiri kare
Umukino wa nyuma wa BAL 2026 wari witeguwe na benshi mu Mujyi wa Kigali
Abakunzi ba Basketball bifuzaga kureba uyu mukino ari benshi
Itsinda y'abafana ba RSSB Tigers ryageze muri BK Arena mu byishimo byinshi
Bamwe bahisemo kwisiga amarangi y'amabara y'u Rwanda mu gushyigikira RSSB Tigers
Abafana ba RSSB Tigers bari babukereye
Uyu ni umwe mu bafana badasanzwe bitabiriye imikino ya BAL
Intebe z'imbere ziba zihariwe n'abakobwa beza b'i Kigali
Al Ahly yo muri Libya yatsinze Al Ahly yo mu Misiri mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu
Abakinnyi ba Petro de Luanda bajya inama mbere y'umukino
Imbyino Nyarwanda zasusurukije abitabiriye ibirori byo gusoza irushanwa rya BAL 2026
Abakinnyi ba RSSB Tigers bajya inama mbere y'umukino
Abafana ba RSSB Tigers bageze muri BK Arena hakiri kare batangira kuyifana
Umukino watangiye nabi kuri RSSB Tigers BBC yari iwayo
RSSB yarushijwe cyane mu minota ya mbere
Teafale Lenard Jr. ari gutsinda amanota yinjije RSSB Tigers mu mukino
Ndayisaba Dieudonne ari mu bakinnyi bifashishijwe na RSSB Tigers BBC muri uyu mukino
Perezida Kagame yakurikiye umukino wa nyuma wa BAL 2026
Perezida Kagame yari mu bakunzi ba Basketball bari muri BK Arena
Muri buri karuhuko hajyagaho abasusurutsa abafana
Dundao yazonze cyane RSSB Tigers BBC
Craig Randall yatsinze amanota atatu inshuro nyinshi
Craig Randall ni umwe mu bakinnyi bigaragaje cyane muri BAL 2026
Abafana bacyuye amafoto y'uyu mukino w'amateka
Aboubacar Gakou yafashije Petro de Luanda
Teafale Lenard ari guha umupIra bagenzi be
Raphael Putney ni umwe mu bakinnyi bakomeye ba Petro de Luanda
Axel Mpoyo wa RSSB Tigers yitanze bidasazwe muri uyu mukino
Umukino wa nyuma wa BAL 2026 wari ukomeye cyane
Abafana bishimiraga kubona RSSB Tigers iri gutsinda
Abana bato na bo bafanaga RSSB Tigers
Ifoto yo kubona RSSB Tigers iri gutsinda yari ikenewe na buri wese
Olamide yataramiye abitabiriye umukino wa nyuma wa BAL
Olamide yaririmbye indirimbo zirimo Bobo
Visit Rwanda ni umuterankunga ukomeye w'irushanwa rya BAL
BK Arena yari yuzuye abafana
Abafana ba RSSB Tigers bifuzaga intsinzi
Uduce twa nyuma twahiriye RSSB Tigers BBC
RSSB Tigers yakoze amateka muri BAL yegukana igikombe
Teafale Lenard Jr yaashije RSSB Tigers kuguma mu mukino
Raphael Putney yatakaje igikombe cya BAL akireba
Igikombe cya BAL 2026 cyasigaye mu Rwanda
Igikombe cya BAL 2026 cyahataniwe
Craig Randall yabaye umukinnyi mwiza w'irushanwa
Amadou Gallo Fall ni we wahaye igikombe Antino Alvares, kapiteni wa RSSB Tigers
Ibyishimo byari byose muri BK Arena
RSSB Tiger BBC yakoze amateka muri Basketball
Abafana bahagurutse bafana RSSB Tigers BBC mu minota ya nyuma
Abafana bagiye mu bicu nyuma yo kubona intsinzi
Imyambaro ya RSSB Tigers yari myinshi muri BK Arena
Umubyeyi yishimanye n'umwana nyuma y'umukino
Mangok Mathiang yabaye umukinnyi mwiza wugarira mu irushanwa
Ikirango cya BAL 2026 cyasusurukije abafana
Benshi biboneye RSSB Tigers yandika amateka
Ntore Habimana na Craig Randal II bishima bidasanzwe
RSSB Tigers yakoze amateka atarakorwa n'indi kipe mu Rwanda

Amafoto: Rusa Prince

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza