IGIHE

Basketball: U Rwanda rwatangiye nabi imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi (Amafoto)

0 2-07-2026 - saa 13:54, Iradukunda Olivier

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’u Rwanda iri mu Itsinda C, yatangiye gukina iyi mikino iri kubera muri Pavilhao Multiusos de Luanda, yo muri Angola.

Guinea yahuye n’u Rwanda, yatangiye neza uyu mukino ibifashijwemo n’abakinnyi bayo nka Souleymane Boum Jr. na Shannon Evans, itsinda agace ka mbere ku manota 26-17.

Agace ka kabiri ni ko u Rwanda rwakinnye neza nyuma y’aho Furaha Cadeau de Dieu na Irakoze Hodari Herve bageragezaga gutsinda amanota menshi. Bagatsinzemo amanota 27-19, ariko Guinea ikomeza kuyobora umukino ku manota 45-41.

Guinea na yo yavuye inyuma itangira kongera ikinyuranyo cy’amanota mu gace ka gatatu, karangiye ikiyoboye umukino ndetse binayifasha kwinjira mu gace ka kane neza.

Ni agace karangiye Guinea yegukanye umukino ku manota 89-63, gusa karangira Souleymane na Tuyizere Uwitoze ari bo binjize amanota menshi (17).

Uyu wabaye umukino wa mbere u Rwanda rwatsinzwe mu cyiciro cya kabiri cyo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2027 kizabera muri Qatar, ndetse ikaba yaratakaje itike nyuma yo gutsindwa imikino yose cyiciro cya mbere cyayo.

Abakinnyi u Rwanda ruri kwifashisha mu mikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
U Rwanda rwatangiye nabi imikino y'icyiciro cya kabiri yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
Steven Hagumintwari agerageza kwambura umupira umukinnyi wa Guinea
Irakoze Herve Hodari yagerageje gufasha ikipe y'u Rwanda ariko intsinzi irabura
Umuhoza Jean de Dieu yatsinze amanota 10 muri uyu mukino
Abakinnyi bari hanze y'ikibuga bashyigikiraga bagenzi babo bari mu kibuga
Umukino wa kabiri u Rwanda ruzakina na Tunisia ku wa Gatanu
Irakoze Herve Hodari ari gutsinda amanota
Hubert Sage Kwizera ari gushaka uko atsinda amanota
U Rwanda ntirwitwaye neza muri iyi mikino iri guhuza ibihugu byo muri Afurika
Bizimana Paul ni umwe mu bakinnyi bari gufasha u Rwanda
Manzi Kenny ari gushaka uko aha umupira bagenzi be
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza