Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2019 kegukanywe na Biniam Girmay ukinira Ikipe y’Igihugu ya Érythrée ufite imyaka 18 n’iminsi 318 gusa, akurikirwa na Areruya Joseph wakoresheje imbaraga nyinshi ariko intsinzi irabura.
Kuri uyu wa Kane tariki 28 Gashyantare 2019 hakinwe umunsi wa Gatanu w’isiganwa rizenguruka u Rwanda ku magare, Tour du Rwanda 2019. Abasiganwa 72 bahagurutse i Karongi mu Murenge wa Bwishyura basoreza i Musanze mu Mujyi ku ntera y’ibilometero 138.7.
Abakinnyi bahagurutse ntabwo barimo Tella Arthuce Jodele, Zang Ondoa Jacques na Yaou Gadji b’Ikipe y’Igihugu ya Cameroun, Umufaransa Gauthier Navarro ukinira Interpro Cycling Academy, Goldstein Omer ukomoka muri Israel ukinira Israel Cycling Academy na Martin Lavri, Umunya-Slovenia ukinira Team Dimension Data for Qhubeka basezerewe mu isiganwa.
Isiganwa ryari rigizwe n’imisozi ine itangirwaho amanota y’ahazamuka, ishuro eshatu aya manota yegukanywe na Mugisha Moise bituma ahita yemezwa nk’urusha abandi mu misozi, anambikwa na Cogebanque umwenda ubyemeza aka gace gasojwe.
Ni agace karanzwe no gucomoka gutangaje aho abakinnyi 11 barimo Daniel Turek, Patrick Byukusenge, Langat, Areruya Joseph, Biniam Girmay, Didier Munyaneza, Guillonnet, Mugisha Moise, Hailemichael Mulu, Bellicaud, Valens Ndayisenga na Manizabayo Eric bita Karadiyo bacomotse mu gikundi bagisohoka i Rubengera binjira muri Rutsiro.
Bakomeje kugenda bongera ibihe basigaga igikundi cya Merhawi Kudus wambaye umwenda w’umuhondo.
Basatira umusozo habayeho guhangana hagati ya 11 bari imbere ariko barushwa imbaraga na Biniam Girmay, umukinnyi rukumbi wavutse nyuma ya 2000 wakinnye Tour du Rwanda akaba muto kurusha abandi mu isiganwa ry’uyu mwaka.
Yegukanye intsinzi imbere ya Areruya Joseph wasoreje ku mwanya wa kabiri na Didier Munyaneza wasoreje ku mwanya wa kane, binamuhesha gufata umwanya wa mbere mu batarengeje imyaka 23.
Uko bakurikiranye
1.Ghirmay Biniyam (Érythrée): 03:42’01
2.Areruya Joseph (Delko Marseille Provence): 03:42’01
3.Turek Daniel (Israel Cycling Academy): 03:42’01
4.Munyaneza Didier (Benediction Club): 03:42’01
5.Bellicaud Jeremy (u Bufaransa U23): 03:42’01
Uko bakurikiranye ku rutonde rusange
1. Merhawi Kudus – 17:33’37’’
2. Rein Taaramae – 17:33’54’’
3. Matteo Badialatti – 17:34’22’’
4. Aguirre Ricardo – 17:34’37’’
5. Tesfom Sirak – 17:37’51’’
Ibihembo byatanzwe
– Umwenda utangwa na Skol uhabwa uwegukanye agace: Ghirmay Biniyam (Érythrée)
– Umwenda w’Umuhondo utangwa na Minispoc uhabwa uri imbere ku rutonde rusange: Merhawi Kudus (Astana Pro Team)
– Umwenda utangwa na Cogebanque uhabwa urusha abandi guterera imisozi: Mugisha Moise (Team Rwanda)
– Umwenda w’urusha abandi Sprint utangwa na SP: Du Plooy Rohan (Pro-Touch)
– Umwenda w’umukinnyi ukiri muto witwaye neza utangwa na Prime Insurance Ltd: Didier Munyaneza (Benediction Club)
– Umwenda w’urusha abandi guhangana utangwa na Rwanda Tea: Guillornet Adrien (Interpro Cycling Academy)
– Umwenda w’umunyafurika uri imbere uhembwa na RwandaAir: Merhawi Kudus (Astana Pro Team, Erythree)
– Umwenda w’umunyarwanda uri imbere ku rutonde rusange utangwa na RDB: Didier Munyaneza (Benediction Club)
– Ikipe yahize izindi yahembwe umwenda w’Inyange Industries: Astana Pro Team
Amafoto: Niyonzima Moise
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!