IGIHE

Tour de France: Abafana bakumiriwe mu mihanda kubera inkongi y’umuriro

0 6-07-2026 - saa 11:27, Iradukunda Olivier

Mbere y’uko hakinwa Agace ka Gatatu ka Tour de France 2026, abafana basabwe kutajya ku mihanda kureba imikino kubera kwirinda ingaruka z’inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba riri mu Burengerazuba bw’Amajyepfo mu Bufaransa.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, ni bwo hakomeza isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour de France, aho Agace ka Gatatu gaturuka Granollers muri Espagne, kerekeza Les Angles mu Bufaransa ku ntera y’Ibilometero 195,9.

Iri siganwa ryahuriranye n’inkongi y’umuriro yibasiye ibihugu bitandukanye by’i Burayi birimo u Bufaransa, Espagne, Portugal n’u Bugereki. Mu hafashwe n’inkongi harimo n’agace kamwe ka Les Angles, mu bilometero 60 uvuye aho isiganwa risorezwa.

Ntabwo higeze hahindurwa inzira ziza gukoreshwa mu isiganwa, ariko imodoka zamamaza zibanza imbere y’abakinnyi basiganwa zo zategetswe guhagarika ibikorwa, zikabisubukura mu bilometero 40 bya nyuma.

Umuyobozi w’isiganwa, Christian Prudhomme, yagize ati “Inkongi idasanzwe yatumye hafatwa ingamba mu isiganwa.”

Ubuyobozi bwa Tour de France, bwavuze ko impamvu yatumye bukumira abantu muri iri siganwa, ari ukugira ngo abashinzwe umutekano by’umwihariko abazimya inkongi, na bo boroherwe no gukora akazi kabo bitabangamiye isiganwa.

Abazimya inkongi bagera kuri 750, imodoka 200 zifashishwa mu kuzimya n’indege icyenda, ni zo ziri mu kazi ko kuzimya uyu muriro uri gukwira mu bice bitandukanye.

Nyuma y’uduce tubiri twa Tour de France 2026, Umunya-Slovenia ukinira UAE Team Emirates XRG, Isaac del Toro, ni we uyoboye isiganwa, akaba akurikiwe n’umunyabigwi, Tadej Pogačar bakinana.

Abafana basabwe kutajya mu mihanda mu gihe cy'Agace ka Gatatu ka Tour de France
Inkongi y'umuriro yabangamiye isiganwa rya Tour de France 2026
Agace ka Gatatu ka Tour de France karava muri Espagne kajya mu Bufaransa
Tour de France ni rimwe mu masiganwa akomeye ku Isi mu mukino w'amagare
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza