IGIHE

Agace ka nyuma ka Tour de France kagabanyijwe kubera inkongi

0 25-07-2026 - saa 17:27, IGIHE

Agace ka nyuma ka Tour de France gateganyijwe ku wa 26 Nyakanga 2026, kazakinirwa i Paris, kagabanyijwe kubera ko bamwe mu bashinzwe umutekano bagombaga gucunga umutekano boherejwe gufasha mu bikorwa byo guhangana n’inkongi hafi ya Bordeaux.

Abategura Tour de France na Polisi ya Paris batangaje ko akace ka 21, ari na ko ka nyuma, kazagabanywa kakava ku bilometero 133 byari biteganyijwe, kakagera ku bilometero 89.

Kuri aka gace abasiganwa binjira mu Mujyi wa Paris, bagakora inshuro zitandukanye bazenguruka Champs-Élysées.

Mu itangazo Polisi ya Paris yasohoranye n’abategura irushanwa, bavuze ko inkongi zibasiye uduce dutandukanye tw’u Bufaransa, by’umwihariko agace ka Gironde, zatumye inzego z’ubutabazi n’iz’umutekano zishyira imbaraga nyinshi mu kurwanya umuriro no kurinda abaturage

Bati “Kubera ko inkongi nyinshi zikomeje kwibasira u Bufaransa, cyane cyane mu gace ka Gironde, inzego z’ubutabazi zashyize imbaraga zose mu kuzihashya, mu gihe inzego z’umutekano imbere mu gihugu zirimo kurinda uduce twibasiwe no kurengera abaturage.”

Bakomeje bagira bati “Hashingiwe kuri ibyo, Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu yafashe icyemezo cyo kohereza bamwe mu bashinzwe umutekano bari bateganyijwe kurinda agace ka nyuma ka Tour de France, kugira ngo bongere imbaraga mu bikorwa byo gutabara mu duce twibasiwe n’inkongi.”

Umunya-Slovenia Tadej Pogačar, umaze kwegukana Tour de France inshuro enye, afite amahirwe menshi yo kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Agace gasoza Tour de France kagabanyijwe kubera umubare muto w'abacunga umutekano
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza