Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yazamutse Ikirunga cya Karisimbi kuva aho gitangiriye ageza ku gasongero, mu ntera ya metero zirenga 4.500.
Minisitiri Dr. Nsanzimana yasangije abamukurikira aka gahigo yagezeho mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Ati “Imibereho y’ubuzima buzira umuze ni impano nziza kurusha izindi twakwiha. Mbere y’isabukuru yanjye, nihaye impano yo kuzamuka umusozi wa Kalisimbi, umusozi muremure mu Rwanda. Nahazamutse amasaha 10 ntahagarara.”
Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko hari aho yageraga akananirwa cyane agashaka kubivamo ariko akomeza kwihagararaho kugira ngo ahigure uyu muhigo.
Ubu buryo bwa siporo Minisitiri Dr. Nsanzimana yakoze bufasha umubiri kugubwa neza. Butuma umubiri wongera ingufu, gufasha ubwonko gukora neza, kurwanya ‘stress’, n’ibindi.
Ikirunga cya Karisimbi ni kimwe mu birunga bitanu bibarizwa mu Rwanda ariko bitakiruka. Kiri ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Pariki y’Ibirunga.
Ni cyo kinini mu buhagarike mu munani bibarizwa muri kariya gace. Ni ukuvuga Kalisimbi, Bisoke, Sabyinyo, Gahinga na Muhabura byo mu Rwanda na Mikeno, Nyiragongo na Nyamuragira byo muri RDC.
Healthy habits are the best gifts we can give ourselves.Ahead of my birthday,I gifted myself a hike to Mt. Karisimbi (4,507m) Rwanda’s highest peak—a non-stop 10-hour trek. My legs wanted to quit,but the summit kept calling. Thanks to the team and our guide,Mupenzi.#HealthyLife pic.twitter.com/3f7XQhLxj1
— Dr Sabin Nsanzimana (@nsanzimanasabin) June 21, 2026
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!