Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara, rwagaragaje ko rwungutse ubumenyi bushya ndetse n’imbaragaza zisumbuye zo kubaka u Rwanda no guharanira ko ibyabaye mu myaka 30 ishize bitazasubira ukundi.
Ni ibyemezo uru rubyiruko rwafashe nyuma y’uko rwari rumaze gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi n’Ingoro y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside.
Uru rubyiruko rweretswe uburyo urwo banganaga rwakoreshejwe mu kwica Abatutsi mu 1994, ariko runerekwa ko hari urundi rwemeye gushyira ubuzima bwarwo mu kaga rugahagarika Jenoside, igihugu kikabohorwa ingoyi y’amacakubiri yari yarimakajwe imyaka myinshi.
Umwe mu bari muri uru rugendoshuri wo mu Murenge wa Nyanza witwa Uwiragiye Floride yerekanye ko ayo mateka basobanuriwe yamuhaye umukoro wo gutera ikirenge mu cya bagenzi babo bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa cyane ko na bo bari mu myaka nk’iyo abo babohoye u Rwanda barimo.
Ni umukoro ujyanye no kugira uruhare mu bikorwa byubaka igihugu, ibyo byose bakabikora badategereje ibihembo runaka.
Uwiragiye ati “Hari urubyiruko rwitangiye igihugu kandi rubikora nta gihembo kubera urukundo bari bagifitiye. Ibi binyeretse ko nanjye ngomba kugera ikirenge mu cyabo, kuko iterambere twese duharanira rizagerwaho urubyiruko dufashe iya mbere.”
Ni ibitekerezo ahuza n’Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Karere ka Gisagara, Nkotanyi Emmanuel, wavuze ko gusura ibice bigaragaza amateka nk’ayo babonye byabunguye ubumenyi buzabafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.
Ni ubumenyi ku mateka yaranze igihugu, aho bamenye uburyo Jenoside yateguwe, ikananshyirwa mu bikorwa urubyiruko ari rwo ruri ku ruhembe rw’imbere, icyakora akavuga ko icyiza bagomba no kwigana ari uko ari n’urubyiruko rwayihagaritse.
Uyu muhuzabikorwa yavuze ko urwo ruzinduko rwabafashije no kumenya uburyo bwo kwitwara mu gihe u Rwanda rwinjiye mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, bahangana n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ati “Ni ngombwa ko urubyiruko dusura ahantu nk’aha, na cyane ko uru rugendo twaruhaye insanganyamatsiko ihamagararira urubyiruko kumenya amateka, no kugira uruhare mu Cyerekezo 2050.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga, Jerome, yavuze ko mu baturage bagize akarere ayoboye urubyiruko rwihariye umubare munini, bityo ko gusobanurirwa amateka y’igihugu bibafasha kurushaho kwitegura kuba abayobozi beza b’ejo hazaza.
Ati “Urubyiruko ni imbaraga z’igihugu, ni na yo mpamvu ari gombwa rero ko bagomba gutegurwa kugira ngo u Rwanda rw’ejo ruzabe rufite abayobozi n’abaturage barubereye.”
Uru rubyiruko rwasabye ubuyobozi bwarwo ko iyi gahunda yo gusura ahabumbatiye amateka y’u Rwanda bwakora ku buryo yaba ngarukamwaka, kugira ngo urubyiruko rwose ruzagire amahirwe yo kumenya aya mateka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!