IGIHE

Tony Blair akubutse mu Rwanda mu biganiro byamuhuje na Perezida Kagame

0 28-07-2026 - saa 07:40, IGIHE

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda mu cyumweru gishize.

Ikigo cya Tony Blair Institute for Global Change (TBI) cyatangaje ko uru ruzinduko rwongeye gushimangira ubufatanye busanzwe hagati yacyo na Guverinoma y’u Rwanda, ndetse n’ubushake bwo gukomeza gufatanya mu kwihutisha gahunda z’ingenzi zigamije impinduka n’iterambere rirambye.

Mu biganiro byabo, Tony Blair na Perezida Kagame bibanze ku cyiciro gikurikira cy’urugendo rw’impinduka u Rwanda rurimo, ndetse n’uburyo TBI yakomeza gushyigikira gahunda za Guverinoma mu nzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, ishoramari, guteza imbere inganda, ubuhinzi, ubuzima, guteza imbere ubumenyi n’imirimo ndetse no kunoza imikorere y’inzego za Leta.

TBI yavuze ko uruzinduko rwa Tony Blair rwagaragaje ko impande zombi zisangiye intego yo gukomeza gushyira mu bikorwa amavugurura y’ibanze u Rwanda rwihaye no gushyigikira iterambere rirambye ry’igihugu.

Tony Blair Institute for Global Change ni umuryango utanga ubujyanama bugamije gufasha abayobozi na za Guverinoma mu gushyiraho ingamba, kunoza imiyoborere no gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere.

Tony Blair Institute for Global Change (TBI) yashinzwe mu 2016, nyuma y’uko Tony Blair ahinduye imikorere y’umuryango wari usanzwe witwa Tony Blair Africa Governance Initiative (AGI), wari waratangiye mu 2008 ugamije gufasha ibihugu bya Afurika kunoza imiyoborere no gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere.

TBI imaze imyaka ikorana bya hafi na Guverinoma y’u Rwanda, aho Tony Blair afitanye umubano wihariye na Perezida Paul Kagame ndetse n’ubuyobozi bw’u Rwanda. Ubu bufatanye bushingiye ku gushyigikira gahunda z’iterambere rirambye, kuvugurura inzego za Leta, guteza imbere ikoranabuhanga, ubuzima, uburezi, ishoramari n’imiyoborere myiza.

Tony Blair yakunze kugaragaza u Rwanda nk’urugero rw’igihugu cyageze ku mpinduka zikomeye binyuze mu miyoborere ifite icyerekezo, mu gihe TBI yakomeje kugira uruhare mu gufasha u Rwanda gushyira mu bikorwa zimwe muri gahunda zarwo z’ingenzi.

Tony Blair asanzwe akorana bya hafi na Guverinoma y’u Rwanda
Tony Blair akubutse mu Rwanda mu biganiro ku mikoranire na Guverinoma y'u Rwanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza