IGIHE

Senateri Murigande yavuze ku munsi ahatanira na Paul Kagame kuyobora igihugu

0 23-08-2026 - saa 13:25, Uwizeyimana Rosette

Senateri Charles Murigande yavuze ko guhatana na Paul Kagame ku mwanya wa Perezida mu matora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yabaye mu mwaka wa 2000, byari uburyo bwo gukurikiza icyo itegeko rigena.

Ibi yabivugiye mu kiganiro cyaciye kuri KP Media, ku wa 22 Kanama 2026.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda, Pasteur Bizimungu yabaye Perezida w’Inzibacyuho w’u Rwanda, kugeza mu 2000 ubwo yeguraga.

Nyuma yaho habaye amatora y’Umukuru w’igihugu, aho mu bakandida hari harimo Paul Kagame ari na we wari Visi Perezida na Charles Murigande.

Umunyamakuru yabajije Senateri Murigande niba byari byoroshye guhatanira umwanya na Paul Kagame, wari Visi Perezida kandi wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu.

Yasubije ko muri biro Politiki y’ishyaka rya FPR yatoye Murigande Charles wari Umunyamabanga Mukuru wayo na Paul Kagame ngo babe ari bo batorwamo uwaba Perezida.

Ati “ Icyo gihe, itegeko shingiro twagenderagaho, ryateganyaga ko Perezida w’inzibacyuho uriho aramutse agize impamvu zituma adashobora gukomeza kuba Perezida…, umutwe wa politiki aturukamo ugomba guhita utora abantu babiri bakagezwa ku nteko ihuriyemo Abadepite n’aba Minisitiri , hanyuma ikabatoramo uwaba Perezida.”

Senateri Charles Murigande, avuga ko yagiye kubera ko hari hakenewe abakandida babiri, naho ubundi yabonaga ko Paul Kagame ari we wari ukwiye kuba umukandida.

Yagize ati” Iyo itegeko rivuga ngo umutwe wa Politiki Perezida w’inzibacyuho aturukamo utanga umuntu umwe, twari gutanga Perezida wacu, …none wagombaga gutanga babiri.”

Senateri Charles Murigande ntiyifuzaga guhatana na Paul Kagame
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza