IGIHE

Sena yafashe mu mugongo umuryango wa Mukabalisa witabye Imana

0 30-07-2026 - saa 11:23, IGIHE

Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena, yihanganishije umuryango wa Senateri Mukabalisa Donatille, witabye Imana azize uburwayi.

Ubutumwa bwo gufata mu mugongo uyu muryango bwatanzwe nyuma y’uko amakuru y’urupfu rwa Mukabalisa yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 30 Nyakanga 2026. Yaguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal i Kigali, aho yari amaze iminsi arwariye.

Mu itangazo Sena yashyize hanze, yavuze ko “Sena y’u Rwanda ibabajwe no kumenyesha ko kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026, Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali aho yari amaze iminsi arwariye[…] Sena yihanganishije umuryango we.”

Biteganyijwe ko umuhango wo gusezera kuri Mukabalisa uzatangazwa mu minsi iri imbere.

Senateri Mukabalisa Donatille yavukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera mu kwezi kwa Nyakanga 1960.

Mu rugendo rwe rwa politiki, Mukabalisa yatorewe kuba Umudepite mu Ukwakira 2003, akomeza uwo mwanya kugeza mu 2008. Nyuma yaho, kuva mu 2011 kugeza mu 2013, yabaye Umusenateri.

Mu 2013 yasubiye mu Mutwe w’Abadepite, aho yaje kugirwa Perezida wawo, umwanya yayoboye kugeza mu 2024 ubwo habaga amatora mashya y’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Ntabwo yongeye kwiyamamaza nyuma yo kurangiza manda ebyiri yari amaze muri uyu mutwe w’Inteko.

Mukabalisa kandi yari Perezida w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL (Parti Libéral), ryashinzwe ku wa 14 Nyakanga 1991.

Mukabalisa yitabye Imana kuri uyu wa Kane
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza