IGIHE

Ruhango: Ahacukurwa ibumba habonetse grenade

0 22-08-2026 - saa 17:36, Nshimiyimana Théogène

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango bwatangaje ko ahacukurwa ibumba ko habonetse grenade.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 22 Kanama 2026 ni bwo abantu bacukuraga ibumba rikoreshwa amatafari mu gishanga kiri mu Mudugudu wa Karehe, Akagari ka Bunyogombe.

Aba baturage bakibona iki gisasu bahise babimenyesha abayobozi mu nzego z’ibanze, na bo bihutira kubimenyesha igisirikare kugira ngo zigikureho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Kayitare Wellars, yabwiye IGIHE ko abasirikare bahise bahagera maze bagikuraho.

Yagize ati "Nta we cyakomerekeje ndetse ntacyo cyangije cyane ko inzego zibishinzwe za gisirikare zahise zihagera maze zigikuraho.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango busaba abaturage ko mu gihe babonye ikintu kidasanzwe bajya bihutira gutanga amakuru vuba kugira ngo inzego zibishinzwe zibikurikirane.

Iki gisasu cyabonetse ahacukurwa ibumba, abasirikare bagikuraho neza
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza