Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu Karere ka Rubavu yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi ubwo yageragezaga kwiba insinga zayo arapfa.
Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 9 Nzeri 2026, mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Kivumu, Umudugudu w’Itangazamakuru, mu masaha ya saa 7h00.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yabwiye IGIHE ko amakuru bayamenye ubwo bari bahawe amakuru ko hari intsinga z’amashanyarazi zafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ati “Amakuru twayamenye nyuma y’uko umuturage ahamagaye avuga ko insinga z’amashanyarazi zirimo kwaka, tuhageze dusanga n’umuntu wibaga insinga z’amashanyarazi, aho yari amaze gushishura insinga zingana na metero 25, dusaba REG kuba ivanyeho amashanyarazi, birababaje kandi bigaragara ko atakoraga ubu bujura wenyine.”
SP Twajamahoro akomeza agaragaza ko bibabaje kuba umuntu umwe ashobora kwishora mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi agatuma umujyi wa Gisenyi wose ubura umuriro w’amashanyarazi, ndetse batazihanganira uwo ari we wese wishora mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi.
SP Twajamahoro yahishuye ko abaguzi b’izi nsinga biganje mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, na bake b’imbere mu gihugu bacyishora muri ubu bucuruzi.
Yanaboneyeho kwibutsa abaturage ko bibujijwe kugura ibikoresho byibwe ku bikorwaremezo ko ubifatiwemo abihanirwa n’amategeko, ababigura ko bagomba kumenya inkomoko zabyo ndetse no kugira ibitabo bandikamo.
Umurambo wa nyakwigendera utaramenyekana imyirondoro wajyanwe mu bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!