IGIHE

Perezida Kagame yasuye Inzu Ndangamurage ya Frankincense n’Ubworozi bwa Royal Razat

0 8-09-2026 - saa 11:42, IGIHE

Perezida Paul Kagame yakomeje uruzinduko rwe mu Bwami bwa Oman asura ahantu habiri h’ingenzi i Salalah, aho yamenye byinshi ku murage w’amateka n’umuco by’iki gihugu, ndetse n’ingamba Oman iri gushyira mu bikorwa mu kuvugurura ubuhinzi no kubuhuza n’ubukerarugendo.

Perezida Kagame yasuye Inzu Ndangamurage ya Frankincense Land, aho yatemberejwe mu byumba bitandukanye byayo, anasobanurirwa mu buryo burambuye ibyerekanwa bigaragaza amateka n’umurage ndangamuco bya Oman.

Iyi nzu ndangamurage igaragaza amateka maremare ya Oman, umuco n’imigenzo byaranze iki gihugu uko ibihe byagiye bihinduka, igafasha abayisura gusobanukirwa inkomoko yacyo n’umurage kimaze ibinyejana gisigasira.

Perezida Kagame kandi yasuye Ubworozi n’Ubuhinzi bwa Royal Razat, aho yagaragarijwe uburyo Oman iri kuvugurura urwego rw’ubuhinzi.

Yasobanuriwe amateka y’aho hantu, intego zabwo, ibikorwaremezo ndetse n’ibikoresho bikoreshwa mu guteza imbere umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.

Royal Razat ikoresha uburyo bugezweho mu buhinzi n’ubworozi, ariko umwihariko wayo ni uko itagarukira gusa ku gutanga umusaruro. Yanashyizweho ku buryo ubuhinzi buhuzwa n’ubukerarugendo.

Binyuze muri ubu buryo buzwi nka agritourism, ibikorwa by’ubuhinzi bihindurwa kimwe mu bikurura ba mukerarugendo, bikanafasha urwego rw’ubuhinzi kugira uruhare rwagutse mu guteza imbere ubukerarugendo n’ubukungu.

Ibi biri mu murongo wa gahunda ya Oman yo kuvugurura no guteza imbere ubuhinzi, ikanashaka uburyo bushya bwo kongera agaciro k’ibikorwa bikorerwa muri uru rwego.

Perezida Kagame yasobanuriye byinshi ku mateka ya Oman
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza