IGIHE

Perezida Kagame yasabye ko Ikinyarwanda cyigishwa mu Ngabo z’u Rwanda

0 28-07-2026 - saa 17:11, Jean de Dieu Tuyizere

Perezida Paul Kagame yasabye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, ko Ikinyarwanda kijya cyigishwa mu nzego z’umutekano kugira ngo abazikoreramo bajye bagikoresha mu buryo bunoze.

Umukuru w’Igihugu yatanze uyu mukoro kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026, ubwo yaganiraga n’Intore 769 zigize irorero Indangamirwa, icyiciro cya 16, ziri gutorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo.

Mu byo Indangamirwa zatojwe harimo kuvuga neza Ikinyarwanda nk’ururimi ruhuza Abanyarwanda. Abinjiye mu itorero batazi amagambo make kuri uru rurimi bagaragaje ko bageze kure barwiga.

Perezida Kagame yagize ati “Ikinyarwanda usibye mwebwe, hari n’abakuru batakizi ariko amahirwe yanyu ni uko muracyari bato, mushatse gufata mufata vuba, ariko abakuru bari hafi kungana nanjye iyo batazi Ikinyarwanda, urahendahenda, ukavuga, ugasubiramo.”

Umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko rwashyirirwaho porogaramu yigisha Ikinyarwanda ku buryo bazajya bacyigira aho bari hose.

Ati “Muzabashyirireho rwose porogaramu yigisha Ikinyarwanda bashobora no gukurikirana aho bari hose.”

Perezida Kagame yasabye Gen Muganga (CDS na CG Namuhoranye (IGP) ko abo mu nzego z’umutekano na bo bajya bigishwa gukoresha neza Ikinyarwanda.

Yagize ati “CDS narabikubwiye, mujye mwigisha Ikinyarwanda no mu ngabo zacu. Na IGP, indimi zivugwa, mushaka kubigoreka kubera ko mushaka kumvikana muri ba bandi, bamwe bakunda ‘vibes’, ubwo icyo ni ikindi kibazo, cyo ntabwo nakijyamo.”

Perezida Kagame yashimye ko Indangamirwa zamenye no gusakuza, ababaza niba bazi kwivuga, barikiriza, ati “Mukomereze aho.”

Perezida Paul Kagame yasabye ko Ikinyarwanda cyigishwa mu gisirikare no muri Polisi
Perezida Kagame ari kumwe n'intore z’Indangamirwa, icyiciro cya 16, ziri gutorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, afatana ifoto y'urwibutso n'umwe mu ntore ziri gutorezwa i Gabiro
Minisitiri w'Ingabo z'u Rwanda, Juvenal Marizamunda (ubanza ibumoso), Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa n'Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye baganira
Abayobozi bakuru b'u Rwanda bafatanye ifoto y'urwibutso n'intore ziri guhugurirwa i Gabiro
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye (iburyo), Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph na Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda baganira
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, akurikiye uko igikorwa kiri kugenda
Bamwe mu ntore z’Indangamirwa, icyiciro cya 16, ziri gutorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo babajije Perezida Kagame ibibazo bitandukanye by'ibyo bifuza kumenya
Perezida Kagame yasobanuriye urubyiruko impamvu y'itangizwa ry'urugamba rwo kubohora u Rwanda

Amafoto: Pacifique Himbaza

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza