Abantu batatu baguye mu Kiyaga cya Ruhondo harokokamo umwe, abandi babiri baburirwa irengero mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 13 Werurwe 2022.
Iyi mpanuka y’ubwato buto yabaye ahagana saa Yine z’ijoro, ubwo abantu batatu bavaga mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze bajya mu Kagari ka Murwa mu Murenge wa Remera bakoresheje inzira yo mu mazi mu Kiyaga cya Ruhondo.
Bageze ku Kiyaga mu masaha y’ijoro bahise bazitura ubwato buto bahasanze, bageze hagati mu Kiyaga ubwato butangira kujyamo amazi bagwamo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Hanezerwabake Théoneste, yemeje aya makuru asaba abaturage kurushaho kujya birinda gukora ibibujijwe ahubwo bakajya basaba ubufasha ku Ishami rya Polisi ryo mu mazi kugira ngo hirindwe izo mpanuka.
Yagze ati “Ni byo iyo mpanuka yabaye ahagana saa Yine z’ijoro, ubwo bwato bwari bushaje bugeze hagati bujyamo amazi bubagushamo, umwe ararohorwa abandi kugeza ubu turacyabashakisha."
"Ubutumwa duha abaturage ni ukurushaho kwirinda kujya bakora izo ngendo kuko ubundi guhera saa Kumi n’imwe ingendo z’ubwato ziba zitemewe, igihe bibaye ngombwa bajya babibwira marine ikorera ino ikabafasha."
Abaguye muri Ruhondo ni Mugabo Evariste w’imyaka 22 y’amavuko warohowe ari muzima, Twambazimana Onesphore w’imyaka 21 wari utwaye ubwo bwato na Kamuriza Jeannine w’imyaka 25 y’amavuko bakomeje gushakishwa kuko baburiwe irengero.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!