Agace ka Kabiri k’Isiganwa Ngarukamwaka rizenguruka u Rwanda, Tour du Rwanda 2019, kahagurutse i Kigali gasorezwa i Huye ku ntera ya 120.5km, kegukanwa n’umunya-Érythrée, Merhawi Kudus Ghebremedhin wemeje ko abona isiganwa kuri we ritaratangira.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gashyantare 2019 saa 10:00 nibwo abasiganwa 81 bari mu makipe 16 bahagurutse imbere y’Ibiro by’Umujyi wa Kigali, batangira urugendo rwasorejwe ku Ishami rya Cogebanque mu Karere ka Huye.
Isiganwa ryatangiye ari abakinnyi 82 ariko Jacques Zang Ondoa w’Ikipe y’Igihugu ya Cameroun yarasezerewe kuko yageze ku murongo nyuma y’iminota irenga 40 uwa mbere ahageze, kandi amategeko y’irushanwa ntabwo abyemera.
Muri aka gace ka kabiri, ibihe byatangiye kubarwa abasiganwa barenze ku Giti cy’Inyoni basatira uruzi rwa Nyabarongo rugabanya Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Kamonyi ko mu Ntara y’Amajyepfo.
Umusozi wa mbere ubarirwaho amanota y’ahazamuka wari ku Ruyenzi, aya manota yegukanywe n’Umunyarwanda Munyaneza Didier bita Mbappe.
Bamaze kuminuka agasozi ka Ruyenzi abakinnyi babiri bacomotse mu gikundi; Umufaransa Perrig Quéméneur ukinira Direct Energie n’Umunya-Espagne Pablo Torres Muiño ukinira Interpro Cycling Academy bashyize igare imbere bakurikirwa na Nsengimana Jean Bosco ariko yananiwe kubafata kuko yatobokesheje barenze i Muhanga.
Aba bakinnyi bajyanye barenga Kabgayi, Byimana, Ruhango basatira Akarere ka Nyanza, Umunyamerika, Timothy Rugg ukinira BAI - Sicasal - Petro de Luanda yo muri Angola ava mu gikundi anyongana umuvuduko udasanzwe abasatira.
Yabafatiye mu Kivumu cya Mpushi barakomezanya bagera i Nyanza, mu Butansinda bwa Kigoma bahinguka mu Rwabuye ho muri Huye, ahari umusozi wa nyuma utangirwaho amanota yo guterera.
Aya manota yatwawe na Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy wabikoze inshuro eshatu muri iyi ntera bituma yizera kwambikwa umwenda utangwa na Cogebanque uhabwa abahiga abandi kuzamuka.
Habura ibilometero bitatu ngo bagere aho basoreza, Ruberwa Jean Damascène wa Benediction Excel Energy Club yakoresheje imbaraga nyinshi ngo abatange ku murongo ariko biba iby’ubusa kuko igikundi cyongeye kumushyikira basatira kuri Stade Huye iri muri metero nke uvuye aho basoreje.
Bageze ku Karere ka Huye, kabuhariwe Merhawi Kudus Ghebremedhin yihutishije igare yirinda ko basoreza muri ‘sprint’ kuko atari umuhanga wayo. Byamuhiriye habura umushyikira nubwo n’igikundi kihutaga agera ku murongo ari mbere akoresheje amasaha 03h02’17’’.
Yakurikiwe n’igikundi cyarimo Przemysław Kasperkiewicz ukinira Delko Marseille Provence wakoresheje amasaha 03h02’19’’, asigwa amasegonda abiri, ahagerera rimwe n’abandi bakinnyi 27 barimo Abanyarwanda bane.
Abo Banyarwanda baje muri 30 ba mbere ni Areruya Joseph wasoreje ku mwanya wa kane, Mugisha Samuel wasoreje ku mwanya wa cyenda, Munyaneza Didier wabaye uwa 15 na Ndayisenga Valens waje ari uwa 18. Bose bakoresheje amasaha 03h02’19’’.
Alessandro wegukanye agace ka mbere yasoreje ku mwanya wa kabiri asigwa amasegonda abiri na Kudus, byatumye uyu musore w’imyaka 25 uvuka i Asmara muri Érythrée ahita yambikwa umwenda w’umuhondo.
Nyuma yo kwambara uyu mwenda yabwiye abanyamakuru ko abona kuri we Tour du Rwanda ari isiganwa ryiza kurusha ayandi muri Afurika ariko ngo ntabwo riratangira.
Merhawi Kudus Ghebremedhin yagize ati “Nkunda Tour du Rwanda cyane kuva nayikina bwa mbere mu 2012 aho nayikinnye ariko nkataha nta gihembo mpawe. Ni isiganwa ryiza, igihugu cyiza kandi ndishimye kuko hari imisozi myiza, abafana benshi, mbese byose ni byiza hano.”
Abajijwe niba abona azakomeza kurinda umwenda w’umuhondo mu minsi itandatu isigaye, yagize ati “Birakomeye ntabeshye kuko amakipe yose ari guhangana natwe. Gusa navuga ko Tour du Rwanda y’ukuri izatangira ejo kubera urugendo tuzakora rurengeje kilometero 200. Bizaba bigoye ariko turiteguye.”
Uyu mukinnyi wegukanye agace ka kabiri mu mateka ya Tour du Rwanda nyuma yo kubikora 2012 afite imyaka 18 gusa, arahabwa amahirwe yo kwegukana Tour du Rwanda y’uyu mwaka nkuko byemejwe na Areruya Joseph, Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange.
Areruya yabwiye IGIHE ati “Kuba ari Kudus uwambaye biraduha akazi gakomeye kuko asanzwe ari mubo dutinya. Gusa turakomeza kugerageza kugera ku munsi wa nyuma.”
Kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gashyantare 2019 abasiganwa barahaguruka mu Karere ka Huye saa 08:00 berekeze i Rubavu banyuze i Nyanza, Muhanga, Ngororero na Nyabihu, ku ntera y’ibilometero 213.1, intera ndende kurusha izindi mu mateka ya Tour du Rwanda.
Uko bakurikiranye mu gace ka kabiri
1. Merhawi Kudus (Astana Pro Team) 3:02:17
2. Kasperkiewicz Przmyslaw (Delko Marseille) 3:02:19
3. Girmay Hailu Biniam (Érythrée) 3:02:19
4. Joseph Areruya (Delko Marseille) 3:02:19
5. Contreras Pinzon Rodrigo (Astana Pro Team) 3:02:19
Uko bakurikirana ku rutonde rusange
1. Merhawi Kudus (Astana Pro Team) 5:43:49
2. Kasperkiewicz Przmyslaw (Delko Marseille) 5:43:51
3. Joseph Areruya (Delko Marseille) 5:43:51
4. Simon Guglielmi (u Bufaransa) 5:43:51
5. Alessandro Fedeli (u Butaliyani)5:43:51
Amafoto: Ntare Julius
Video: Kazungu Armand
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!