Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yatangaje ko inkongi y’umuriro yari yafashe ishyamba riri ku kirunga cya Muhabura yazimye.
Igice cy’iki kirunga giherereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera cyafashwe n’inkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Kanama 2026.
Abaturage, abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagiye kuri iki kirunga kuzimya iyi nkongi, birirwa muri iki gikorwa kugeza mu masaha y’umugoroba.
Umuturage utuye mu Kagari ka Nyagahinga hafi y’iki kirunga yatangaje ko batashye mu masaa kumi n’imwe y’umugoroba bamaze kuzimya iyi nkongi.
Ati "Twahavuye mu masaa kumi n’imwe, saa kumi n’imwe n’igice."
Yagaragaje impungenge z’uko umuriro ushobora kongera kwaka mu gihe haboneka umuyaga mwinshi kubera ko basize hagicumba umwotsi nubwo ari muke.
Guverineri Mugabowagahunde yatangarije IGIHE ko umuriro wamaze kuzima.
Yagize ati "Byashize. Nta kibazo."
Biteganyijwe ko mu gitondo cyo ku wa 15 Kanama, abanyamuryango b’amashyirahamwe ashinzwe kubungabunga Pariki y’Ibirunga basubira ku kirunga cya Muhabura kugira ngo barebe niba umuriro utongeye kwaka.
Kugeza ubu icyateye iyi nkongi ntikiramenyekana ariko hakekwa abavumvu bajya guhakuriramo ubuki mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubuso bwangijwe n’iyi nkongi na bwo ntiburatangazwa. Icyagaragaye ni uko yatangiriye ku gice cyo hagati, yaguka izamuka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!