IGIHE

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo zakoze Umuganda

0 5-06-2026 - saa 10:03, IGIHE

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bifatanyije na bagenzi babo n’abaturage mu bikorwa by’umuganda w’isuku no kubungaunga ibidukikije.

Ni umuganda wabaye ku wa Kane, tariki ya 4 Kamena 2026. Wabereye ku ishuri ribanza rya Juba mu murwa mukuru w’iki gihugu.

Uyu muganda wibanze ku gusukura, gutera ibiti, gukusanya imyanda no gutema ibihuru byo kuri iri shuri.

Iki gikorwa cyateguwe n’Ingabo z’u Rwanda mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije ndetse no gufasha abanyeshuri bo muri iki kigo kwigira ahantu hatekanye kandi harangwa n’isuku.

Muri iki gikorwa, aba basirikare bakoze ubukangurambaga bwo kwirinda no kurwanya malaria, babigisha ibitera iyo ndwara, ibimenyetso biyiranga ndetse n’uburyo bwo kuyirinda.

Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS), rigaragaza ko abarenga miliyoni 3,6 bo muri Sudani y’Epfo basanzwemo malaria mu 2022, imibare igera kuri miliyoni 3,8 mu 2023 no mu 2024 habarurwa abangana uko.

OMS igaragaza ko malaria yihariye 66,8% by’abarwayi bagana ibigo by’ubuvuzi bivuza bataha muri iki gihugu ndetse yugarije abana bari hagati y’amezi atandatu n’imyaka itanu, kuko imibare y’abayirwaye yavuye kuri 32% mu 2017 igera kuri 52,6% mu 2023.

Abasirikare b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro bwa Loni bateye ibiti mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije muri Sudani y'Epfo
Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo zifatanyije na bagenzi babo mu gikorwa cy'Umuganda
Bakusanyije imyanda myinshi yari yugarije iki kigo cy'amashuri abanza cya Juba
Abanyeshuri biga mu ishuri ribanza rya Juba basobanuriwe n'Ingabo z'u Rwanda uko bakwiriye kwirinda malaria yugarije benshi muri iki gihugu
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza