Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko umusaruro woherejwe ku isoko mpuzamahanga hagati ya 17 na 21 Kanama 2026 winjirije u Rwanda arenga miliyoni 11,9 $, ni ukuvuga arenga miliyari 17,57 Frw.
Umusaruro wajyanywe ku isoko mpuzamahanga muri iyi minsi itanu ni toni 9.629 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Ikawa ni yo yinjije amafaranga menshi muri ibyo byoherezwa mu mahanga, aho yinjije 4,936,307 z’amadolari nyuma yo koherezwa hanze ingana na toni 851.
Icyayi cyinjije arenga miliyoni 1,2 $ nyuma yo koherezwa hanze toni 426. Mu bindi byoherejwe hanze harimo imboga, aho toni 657 zoherejwe zikinjiriza igihugu ibihumbi 497,2 $. Izi mboga zageze ku masoko arimo u Bwongereza, u Buholandi, u Bufaransa ndetse n’ibihugu bya Afurika.
Imbuto zoherejwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 321, zinjije ibihumbi 521,9$. Amasoko yoherejweho imbuto arimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Buyapani ndetse n’ibihugu bya Afurika.
Indabyo zoherejwe hanze zingana na toni 5, zinjije 29.668$. Zoherejwe mu Buholandi no mu Bwongereza.
Ibikomoka ku matungo na byoherejwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 300 zinjije ibihumbi 515,2$. Zoherejwe mu bihugu bya Afurika.
Ibicuruzwa bitandukanye byoherejwe mu mahanga ni byo byinshi byoherejwe hanze, aho byari toni 7.069, zinjije arenga miliyoni 4,2 $. Ibi bicuruzwa byoherejwe muri Bangladesh ndetse no mu bihugu bya Afurika.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!