Umusore w’imyaka 23 y’amavuko wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye witwa Nayituriki Emmanuel arembeye mu bitaro nyuma yo guterwa ibyuma n’uwo basangiraga mu kabari.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Taba, Akagaki ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba, ho mu Karere ka Huye, mu gicuku cyo kuri uyu wa 29 Kanama 2026.
Amakuru IGIHE yamenye avuga ko basangiraga inzoga bisanzwe, noneho Nayituriki wari usigaranye amafaranga yanga ko bayanywera, mugenzi we amutera ibyuma, aramukomeretsa cyane.
Uwakomeretse yahise ajyanwa ku bitaro bya CHUB ari naho arembeye.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko ukwekwaho gutera undi ibyuma afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma.
Yagize ati "Ukekwa gukomeretsa yajyanwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, Ubugenzacyaha bwatangiye kumukurikirana."
Polisi yasabye abaturage kwirinda urugomo, ibibutsa ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!