Urwego rw’u Rwanda rushinzwe abinjira n’abasohoka, rwatangaje ko abantu 27 bakomoka mu bihugu bitandukanye barahiye banahabwa ubwenegihugu nyarwanda butangwa.
Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ku wa 12 Kanama 2026 bugaragaza ko barahiriye mu Karere ka Gasabo.
Abahawe ubwenegihugu baturutse mu Bubiligi, u Burundi, Cameroun, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eritrea, u Bufaransa, Kenya, Uganda, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Buti “Basabwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.”
Ingingo zitandukanye zigena ibyo gusaba ubwenegihuguzirimo iyo gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku kuba mu Rwanda, gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku kubera umubyeyi umwana utabyaye, gusaba ubwenegihugu nyarwanda hashingiwe ku ishyingirwa n’ibindi.
Today 12 August 2026, the District Executive Administrator (DEA) of @Gasabo_District together with @Rwandamigration received oath of nationality of 27 persons granted Rwandan nationality by acquisition.
— Immigration | Rwanda (@Rwandamigration) August 12, 2026
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!