Urwego Ngenzuramikorere, RURA rwatangaje ko abamotari bongerewe ukwezi ko gutangira gukoresha ikoranabuhanga rya mubazi, naho imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange zisabwa kutarenza saa mbili z’ijoro zikiri mu mihanda.
Ni mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya Coronavirus kimaze kwandurwa n’abantu 384 mu Rwanda.
Mu mabwiriza RURA yari yatangaje tariki 27 Gicurasi, yari yavuze ko abamotari bose bo mu Mujyi wa Kigali bagomba gukoresha ikoranabuhanga rya mubazi ndetse bakishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga nka MTN Mobile Money cyangwa Airtel Money mu gihe ingendo zizaba zasubukuwe.
Kuri uyu wa Gatatu, RURA yasohoye irindi tangazo, ivuga ko “abamotari bo muri Kigali bongerewe ukwezi kugira ngo bashyire mubazi kuri moto, bahabwe amahugurwa ahagije ndetse abamotari n’abagenzi bamenyere gukoresha serivisi nshya yifashisha ikoranabuhanga rya mubazi (smart meters).”
Mu mabwiriza mashya, RURA yongeye kwibutsa Moto n’imodoka rusange ko bitemerewe gutwara abantu mu turere twa Rusizi na Rubavu.
Abamotari bongeye kwibutswa gukuraho ikirahure ku ngofero (casque) gitwikira mu maso h’umugenzi, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya coronavirus.
Ku bijyanye n’ingendo mu modoka rusange, RURA yatangaje ko ingendo hagati y’intara zitandukanye cyangwa intara n’umujyi wa Kigali zemewe ariko kuva no kujya mu turere twa Rusizi na Rubavu bibujijwe.
Hasabwe ko imodoka zose zikora ingendo zihuza intara zigomba kuba zisoje ingendo bitarenze saa mbili z’ijoro kugira ngo hubahirizwe amasaha yo kugera mu rugo. Abagenzi barasabwa gutegura ingendo zabo bubahiriza iyi gahunda.
RURA yatangaje ko ingamba zose zo gukumira Covid-19 zatangajwe mbere mu bijyanye na serivisi zo gutwara abantu mu buryo rusange zirakomeza kubahirizwa.
Izo zirimo guhana intera mu modoka rusange, gukaraba mbere yo kujya mu modoka, kwambara agapfukamunwa n’ibindi.
Kuri moto amabwiriza yari yatanzwe mbere arimo ko abamotari n’abagenzi bagomba kwitwaza imiti y’isuku yabugenewe (Hand sanitizers) kugira ngo basukure intoki n’ingofero (casques) mbere y’urugendo, abamotari n’abagenzi bagomba kuba bafite agatambaro ko kwambara imbere y’ingofero (casques).
Abamotari n’abagenzi bagomba kwambara kandi udupfukamunwa uko bikwiye no kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga nka MTN Mobile Money cyangwa Airtel Money.
Nyuma yo gukomorera ingendo zihuza intara, RURA yanashyize hanze ibiciro by’ingendo mu ntara.
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!