Ruhamya Kainerugaba, umuhungu w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba, yarangije amasomo ya gisirikare mu ishuri rya Royal Military Academy Sandhurst, mu Bwongereza.
Ruhamya, yarangije aya masomo ari kumwe na Bakira Ruyondo na we ukomoka muri Uganda.
Aba basore bombi bari mu basirikare basoje amasomo ku wa Gatatu tariki 5 Kanama 2026, nyuma y’amahugurwa akomeye yabigishije ibijyanye n’ubuyobozi, imikorere ya gisirikare ndetse n’uburyo bwo kuyobora abasirikare.
Mu minsi ishize, Gen Muhoozi yasangije abamukurikira amafoto ya Ruhamya ari mu mahugurwa, ndetse anashyiraho ifoto igaragaza itandukaniro hagati y’ubunararibonye bw’umuhungu we muri Sandhurst n’igihe na we yari umunyeshuri muri iryo shuri mu myaka 27 ishize.
Gen Muhoozi na we yanyuze muri iri shuri rya gisirikare. Yinjiye mu Ngabo za Uganda (UPDF) mu 1999, arangiza amasomo muri Sandhurst mu 2000 ahabwa ipeti rya Sous-Lieutenant.
Kuba Ruhamya arangije Sandhurst bibaye ikindi gikorwa gishimangira amateka y’umuryango wa Perezida Yoweri Museveni mu gisirikare.
Perezida Museveni yayoboye abarwanyi ba National Resistance Army mu ntambara yo kubohora Uganda yabaye hagati ya 1981 na 1986, yasize afashe ubutegetsi.
Ruhamya ubu yinjiye mu gisekuru gishya cy’abasirikare ba UPDF batorejwe muri Sandhurst, ishuri rimaze imyaka myinshi ritegura abayobozi b’ingabo z’ibihugu bitandukanye.
Royal Military Academy Sandhurst ni rimwe mu mashuri ya gisirikare azwi cyane ku Isi, aho hagiye higa abasirikare n’abagize imiryango y’ibwami bo mu bihugu bitandukanye birimo u Bwongereza, Jordan, Oman, Bahrain, Botswana na Nigeria.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!