IGIHE

U Butaliyani: Minisitiri w’Intebe yinjiye mu kibazo cy’urupfu rw’Umunya-Maroc rwateje imyigaragambyo

0 22-07-2026 - saa 12:41, IGIHE

Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani, Giorgia Meloni, yasabye ko hakorwa iperereza ryimbitse ku rupfu rw’Umunya-Maroc, Abderrahim Fakir, wapfuye ari mu maboko y’abapolisi mu mujyi wa Bologna.

Abderrahim Fakir yapfuye ku Cyumweru tariki 19 Nyakanga 2026, ubwo yari afashwe n’abapolisi mu gikorwa cyabereye mu gace ka Pilastro, mu mujyi wa Bologna mu Butaliyani.

Abapolisi bari bahamagajwe nyuma y’uko umuturanyi amubonye yitwara mu buryo budasanzwe ndetse akubita inzugi z’igaraje rye. Nyuma yo kumufata, Fakir yaje gutakaza ubwenge, ahita yitaba Imana. Urupfu rwe rwakurikiwe n’imyigaragambyo ikomeye mu Butaliyani, aho abaturage basabye ko hakorwa iperereza ryuzuye kugira ngo hamenyekane neza icyateye urupfu rwe.

Abigaragambya bavuga ko amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Fakir asaba ubufasha ndetse avuga ko adashobora guhumeka mbere y’uko atakaza ubwenge. Ibi byatumye abaturage basaba ko hakorwa iperereza rigamije kugaragaza uko urupfu rwe rwagenze.

Imyigaragambyo yabereye i Bologna yaje gukomera, aho bamwe mu bayitabiriye barwanye n’inzego z’umutekano, bituma abapolisi benshi bakomereka.

Ubuyobozi bw’u Butaliyani bwatangaje ko bugiye gusuzuma amashusho yafashwe na camera z’abapolisi kugira ngo hamenyekane neza ibyabaye.

Meloni yavuze ko ari ngombwa ko ukuri ku rupfu rwa Fakir kumenyekana binyuze mu iperereza ryuzuye, ariko anamagana ibikorwa by’urugomo byabaye mu myigaragambyo. Yagaragaje ko nubwo ikibazo kigomba gukurikiranwa neza, nta mpamvu n’imwe yatuma abantu basagarira inzego z’umutekano.

Abayobozi b’u Butaliyani batangaje ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane niba hari amakosa yakozwe mu gihe cyo kumufata.

Fakir yari amaze imyaka irenga 30 atuye mu Butaliyani, aho yari afite ubucuruzi buto bwo kugeza ibicuruzwa ku babitumije.

Urupfu rw’uyu Munya-Maroc rwateje imyigaragambyo ikomeye mu Butaliyani
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza