Ambasade y’u Burundi muri Kenya yatangaje ko yashyizeho uburyo bwo gufasha Abarundi bifuza gusubira mu gihugu cyabo kubona impapuro z’inzira z’agateganyo zizwi nka laissez-passer.
Iyi gahunda ije nyuma y’uko Perezida wa Kenya, William Ruto, ategetse ko abanyamahanga bakurwa mu bucuruzi buciriritse no mu bikorwa by’ubuzunguzayi, avuga ko bikwiye guharirwa Abanyakenya.
Mu itangazo Ambasade y’u Burundi yashyize hanze, yavuze ko izajya itanga izo mpapuro ku Barundi bifuza gusubira iwabo ariko badafite ibyangombwa bisanzwe bibemerera gukora urugendo.
Yagize iti “Iyi nyandiko izahabwa Abarundi bifuza kujya mu Burundi ariko badafite ibyangombwa bya ngombwa by’urugendo.”
Iyo serivisi izajya itangirwa ku Cyicaro cya Ambasade y’u Burundi giherereye mu gace ka Kilimani i Nairobi, ku Muhanda wa Denis Pritt, ahateganye na Gracia Garden Hotel.
Abifuza guhabwa izo mpapuro bazajya batanga ubusabe cyangwa bazifate hagati ya saa tatu za mu gitondo na saa munani z’amanywa.
Ambasade yatangaje ko umuntu uzahagera nyuma ya saa munani ataratanze ibyangombwa bisabwa cyangwa atarafata laissez-passer ye, azasabwa kugaruka ku munsi ukurikiraho.
Abatanze ubusabe na bo basabwe kujya gufata ibyangombwa byabo ku munsi ukurikiraho, kugira ngo abakozi ba Ambasade babone umwanya uhagije wo kubitunganya.
Itangazo ryashyizweho umukono mu izina rya Ambasade y’u Burundi muri Kenya ntiryagaragaje umubare w’impapuro z’inzira zitezwe gutangwa cyangwa ibyangombwa byihariye uzisaba agomba kuba afite.
Laissez-passer ni urupapuro rw’inzira rw’agateganyo ruhabwa umuntu udashobora gukoresha pasiporo isanzwe, cyane cyane mu bihe byihutirwa cyangwa igihe ashaka gusubira mu gihugu cye.
Icyemezo cya Perezida Ruto cyakiriwe neza na bamwe mu bacuruzi b’Abanyakenya, bari bamaze igihe bavuga ko abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse babatwara abakiliya n’ahantu ho gukorera.
Icyakora, ishyirwa mu bikorwa ry’iki cyemezo rishobora kugorana, kuko Kenya n’u Burundi ari ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, ufite isoko rusange rigamije koroshya urujya n’uruza rw’abantu, abakozi, ibicuruzwa na serivisi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!