IGIHE

Rutshuru: Barindwi bishwe n’igisasu cyatezwe mu butaka

0 12-09-2026 - saa 19:19, IGIHE

Abantu barindwi bapfuye abandi batatu barakomereka bikomeye, mu gihe undi umwe yagize ibikomere byoroheje nyuma y’igisasu cyatezwe n’abo AFC/M23 yise abanzi mu gace ka Jomba, mu Murenge wa Gikoro, mu Mudugudu wa Rugunga, mu Ntara ya Rutshuru.

Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri 2026, nyuma y’uko umwana wavumbuye igisasu mu murima atabizi yatangiye kugikorakora, bikaza kurangira gituritse.

Itangazo rya AFC/M23 rivuga ko abakomeretse bahise bajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Rugunga muri Teritwari ya Rutshuru.

Umutwe wa AFC-M23 wavuze ko wababajwe cyane n’iki gitero, unihanganisha imiryango yabuze ababo ndetse n’inshuti z’abahitanywe n’iturika ry’iki gisasu.

AFC-M23 yasabye abaturage bari mu bice byabohowe gukurikiza amabwiriza yatanzwe ajyanye no kwirinda ibiturika bikiri mu butaka.

Yasabye kandi abaturage kwirinda gukorakora, kwimura cyangwa kugerageza gusenya ikintu bakeka ko gishobora kuba igisasu, haba mu murima, mu rugo cyangwa ku muhanda.

Abantu barindwi bishwe n'igisasu cyatezwe mu murima
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza