IGIHE

Nigeria: Abarenga 50 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato

0 21-08-2026 - saa 07:25, IGIHE

Abantu nibura 50 biganjemoi abana, bapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria muri Leta ya Sokoto.

Abatangabuhamya bavuze ko ubwo bwato bwari butwaye abahinzi n’abakozi bari bagiye gusarura umuceri. Bamwe bavuga ko bwari butwaye abantu barenga 70, mu gihe abandi bavuze ko bari 57.

Umwe mu bayobozi bashinzwe ibikorwa by’ubutabazi yavuze ko imirambo myinshi yabonetse, harimo iy’abana bari hagati y’imyaka 10 na 15. Abandi bantu 16 bo bararokotse.

Impanuka z’ubwato muri Nigeria zikunze kugaragara, ahanini bitewe no kuba ubwato butwara abantu barenze ubushobozi bwabwo, kutitabwaho neza ndetse n’ubugenzuzi budahagije ku mutekano wo mu mazi, cyane cyane mu gihe cy’imvura.

Abarenga 50 bapfiriye mu mpanuka y'ubwato
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza