Polisi ya Kenya yarashe umwe mu bigaragambyaga bamagana ikigo Amerika ishaka gushyira muri Kenya kizajya cyakira Abanyamerika bakekwaho icyorezo cya Ebola. Uwarashwe yahise apfa.
Patrick Wahome wateguye imyigaragambyo mu mujyi wa Nanyuki, bamagana iki kigo n’abandi baturage bavuze ko umugabo warashwe yishwe n’ibikomere by’isasu yarashwe mu mutwe.
Umuvugizi wa Polisi muri Kenya yavuze ko ntacyo azi kuri ibi bikorwa.
Ikigo cyagombaga kubakwa byari biteganyijwe ko kijyamo ibitanda 50. Kigomba kubakwa mu Kigo cya Gisirikare cya Laikipia.
Kugeza ubu muri RDC byemejwe ko abarenga 500 ari bo banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo mu gihe 101 yabahitanye.
Mu cyumweru gishize abantu babiri baguye muri iyi myigaragambyo muri Nanyuki, nyuma y’uko ubutegetsi bwa Kenya na Amerika bishimangiye ko bigomba kubaka iki kigo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!