IGIHE

Gen Doumbouya yirukanye abasirikare barenga 170 barimo Colonel wamufashije kujya ku butegetsi

0 27-08-2026 - saa 08:44, Jean de Dieu Tuyizere

Perezida wa Guinée, Gen Mamadi Doumbouya, yirukanye abasirikare 173 barimo Colonel Michel Lamah uri mu bamufashije gufata ubutegetsi mu 2021, abashinja gutoroka igisirikare.

Icyemezo cyo kwirukana aba basirikare cyatangajwe kuri televiziyo y’igihugu mu iteka ryasomwe na Gen Amara Camara, Umuvugizi wa Perezida Doumbouya, ku wa 26 Kanama 2026.

Nta bisobanuro birambuye byatanzwe ku buryo abo basirikare bashinjwa gutoroka cyangwa igihe byabereye.

Col Michel Lamah yari umwe mu bagize umutwe w’ingabo zidasanzwe wa Guinée witwa GFS. Uyu ni wo wayoborwaga na Gen Doumbouya mbere y’uko akuraho ubutegetsi bwa Alpha Condé muri Nzeri 2021.

Mu gihe cya coup d’état, Gen Doumbouya n’ingabo ze bataye muri yombi Condé wari watsindiye manda ya gatatu bigateza imyigaragambyo. Col Lamah yagaragaye mu mashusho ari mu modoka yari itwaye Condé.

Nyuma yo gufata ubutegetsi, Gen Doumbouya yari yarasezeranyije abaturage ko ataziyamamariza kuyobora igihugu kandi ko azasubiza ubutegetsi abasivili.

Icyakora, nyuma yaje guhindura uwo mwanzuro, yiyamamariza amatora ya Perezida yabaye mu Ukuboza 2025, ayatsinda ku majwi 86,72%, ahigitse abarimo Abdoulaye Yéro Baldé wagize amajwi 6,59%.

Abasesenguzi bavuga ko uku kwirukana abasirikare benshi gushobora kuba mu rwego rwo gukomeza kugenzura igisirikare no kwitambika abantu bashobora kwigomeka kuri uyu Mukuru w’Igihugu.

Nubwo ubutegetsi bwa Gen Doumbouya bunengwa kurenga ku isezerano, bukomeje gushyira imbere gahunda yo guteza imbere Guinée, igihugu gikungahaye ku mabuye y’agaciro, kikajya ku rwego rwo kuyitunganyiriza, aho kuyohereza hanze afite agaciro gake.

Gen Mamadi Doumboya ashinja abasirikare barenga 170 gutoroka igisirikare
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza