IGIHE

Eswatini yakiriye abantu babiri birukanywe muri Amerika

0 27-08-2026 - saa 21:51, IGIHE

Guverinoma ya Eswatini yatangaje ko yakiriye abantu babiri birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko ntihatangajwe ibihubu bakomokamo.

Itangazo rya guverinoma rivuga ko abantu barenga 30 ari bo bamaze koherezwa bava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bajyanwa muri Eswatini kuva mu mwaka ushize.

Ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump na bwo bwagiye bwohereza abimukira mu bindi bihugu byo muri Afurika, Aziya ndetse no muri Amerika, mu rwego rwo gukaza ingamba zijyanye n’abinjira n’abasohoka.

Amasezerano ya miliyoni 5,1$ hagati ya Washington na Eswatini yamaganwe n’abavoka ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Bavuze ko bamwe mu boherejwe muri Eswatini bafunzwe nubwo bari bararangije ibihano bakatiwe muri Amerika.

Abantu boherejwe muri Eswatini barimo abaturutse muri Vietnam, Jamaica, Cuba, Yemen ndetse no mu bindi bihugu.

Abantu babiri boherejwe muri Eswatini
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza